Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwageze kuri 21% Mu Gukingira COVID-19 Abaturage Bateganyijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Rwanda Rwageze kuri 21% Mu Gukingira COVID-19 Abaturage Bateganyijwe

Last updated: 27 September 2021 3:15 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko igeze kuri 21% ikingira mu buryo bwuzuye abaturage miliyoni 7.8 byateganyijwe ko bazahabwa urukingo rwa COVID-19, mu gihe intego ari uko uyu mwaka uzarangira hakingiwe 30%.

Kugeza ubu mu Rwanda abantu miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19, barimo abarenga miliyoni 1.5 bamaze gukingirwa ku buryo bwuzuye.

Mu itangazo Minisiteri y’Ubuzima yasohoye kuri uyu wa Mbere, yavuze ko mu baturarwanda 60% bazakingirwa hamaze gukingirwa 21%, bahwanye na 12.6% bya miliyoni 13 z’abaturage bose.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yavuze ko ari intambwe ishimishije imaze guterwa mu gukingira abaturage Covid-19, ariko urugendo rurakomeje.

Yakomeje ati “Leta y’u Rwanda irakora ibishoboka byose kugira ngo ibone inkingo zikenewe kandi irashimira abafatanyabikorwa bose badutera ingabo mu bitugu kugira ngo inkingo ziboneke kandi zigere ku baturage bacu.”

“Turateganya ko mu mpera z’uyu mwaka tugomba kuba tumaze gukingira abantu bagera kuri 30% by’abagomba gukingirwa.”

U Rwanda rumaze kwakira inkingo za COVID-19 zigera ku 3.658.310, zabonetse muri gahunda yo gusaranganya inkingo ya COVAX na gahunda ya AVAT yashyizweho n’Umuryango w’Ubumbwe bwa Afurika ngo hashakwe inkingo za Covid-19 zo kunganira iziboneka mu zindi gahunda.

Izindi nkingo zabonetse mu rwego rw’ubutwererane u Rwanda rufitanye n’ibindi bihugu, ndetse hari n’izaguzwe na Leta y’u Rwanda ku bufatanye na Banki y’lsi.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko imbaraga Leta y’u Rwanda yashyize mu gukingira abaturage COVID-19 zatumye umubare w’abandura icyo cyorezo ugabanuka uva ku 10% mu kwezi kwa Nyakanga na Kanama 2021 ubu ukaba ugeze munsi ya 3% muri Nzeri uyu mwaka.

Ibyo byatumye hari ibikorwa byongeye gufungurwa mu rwego rwo guteza imbere ubukungu, ari nako dukomeza imbaraga mu bikorwa byo kwirinda iki cyorezo kugira ngo kitaduca mu rihumye.

Yakomeje iti “Leta y’u Rwanda izakomeza gushakisha inkingo zikenewe kugira ngo dukingire abaturage benshi bashoboka.”

Muri iyo gahunda hifashishwa inkingo zitangwa inshuro ebyiri za Pfizer, AstraZeneca na Sinopharm, na Jonson & Johnson ihabwa umuntu inshuro imwe.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedInkingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nta Kizadukoma Imbere Mu Guharanira Ko Cabo Delgado Iguma Gutekana- Kagame
Next Article Niba Ushaka Gukoreshereza Ibirori Iwawe, Banza Ubimenyeshe Gitifu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?