Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahakanye Ko Rwemeye Kwakira Abasaba Ubuhungiro Muri Denmark
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Rwanda Rwahakanye Ko Rwemeye Kwakira Abasaba Ubuhungiro Muri Denmark

Last updated: 07 May 2021 7:29 am
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko nta masezerano yemeranyijweho yo kwakira abakeneye ubuhungiro muri Denmark, nk’uko bikomeje kugarukwaho mu binyamakuru bitandukanye muri icyo gihugu.

Mu minsi ishize nibwo hasinywe amasezerano hagati y’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Prof. Nshuti Manasseh, na Minisitiri w’ubuhahirane mu iterambere muri Denmark Flemming Moller Mortensen na Minisitiri ushinzwe ibijyanye n’abinjira n’abasohoka, Mattias Tesfaye.

Bari mu ruzinduko mu Rwanda hagati ya tariki 26 na 28 Mata 2021.

Nyuma y’urwo ruzinduko, ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko ibihugu byombi byemeranyije ko Denmark izajya yohereza mu Rwanda abantu basaba ubuhungiro muri Denmark.

Ni ibintu byazamuye amajwi y’imiryango irimo Amnesty International, aho umuyobozi wayo mu Burayi, Nils Muižnieks, yavuze ko Denmark idakwiye kubuza uburenganzira abayihungiyeho basaba ubuhungiro ibohereza ahandi.

Ati “Igikorwa cyose cyo kugerageza kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro bageze muri Denmark cyaba kibabaje, ariko cyaba kinanyuranyije n’amategeko”.

Mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yasohoye, yavuze ko muri urwo ruzinduko hasinywe amasezerano abiri y’ubufatanye, ajyanye n’impunzi n’abimukira n’ajyanye n’ibiganiro mu rwego rwa politiki.

Yakomeje ati “Agamije gushimangira umubano n’ubutwererane hagati y’u Rwanda na Denmark, akazibanda ku ngingo z’ingenzi zirimo ubucuruzi, ishoramari n’imihindagurikire y’ibihe.”

“Amasezerano y’ubufatanye ajyanye n’abasaba ubuhungiro n’abimukira, agamije kongerera imbaraga ibiganiro ku buryo bushya kandi burambye ku bibazo by’abimukira n’impunzi. Denmark isanzwe itanga inkunga ku nkambi y’agateganyo ya Gashora. Kwakira mu Rwanda abasaba ubuhungiro muri Denmark no gukurikirana ibijyanye n’abasaba ubuhungiro muri Denmark ntibikubiye muri ayo masezerano.”

Amakuru yavugaga ko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Denmark yatangaje ko yatangiye ibiganiro n’u Rwanda byo kuhashyira ikigo cyo kwakira abasaba ubuhungiro, nk’uko bivugwa na TV2, ikinyamakuru cya Leta ya Denmark.

Ngo bateganya “kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro, aho kubashyira mu bigo biri muri Denmark”, nk’uko TV2 ibivuga.

Kuva mu 2019 u Rwanda rwatangiye kwakira impunzi zivuye muri Libya zahezeyo zishaka kwambuka inyanja ya Méditerranée ngo zerekeze mu bihugu by’i Burayi.

TAGGED:DenmarkfeaturedLibyaProf Nshuti Manasseh
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Agiye Guhura N’Abasirikare B’Abafaransa Bari Mu Rwanda Kugeza Mu 1994
Next Article Melinda Yinjiye Mu Batunze Miliyari Z’Amadolari Nyuma Yo Gutandukana Na Bill Gates
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?