Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahisemo Kuba Igihugu Buri Wese Yakwifuza Gusura- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwahisemo Kuba Igihugu Buri Wese Yakwifuza Gusura- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2023 7:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida  Paul Kagame avuga ko uko abantu babona u Rwanda rw’ubu bishingiye ku mahitamo rwagize mu myaka iri hafi kuba 30.

Yabivugiye mu Nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda yiga ku bukerarugendo yitabiriwe n’abantu batandukanye barimo na Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan.

Mu ijambo yagejeje ku bari aho, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda basanze ari ngombwa ko bubaka igihugu buri wese aza yisangamo kandi agasanga Abanyarwanda bafite agaciro.

Avuga ko Abanyarwanda basanze ubukerarugendo ari imwe mu nkingi zikomeye z’ubukungu bw’igihugu cyabo.

Yagize ati: “ Kubungabunga ibidukikije ni imwe mu ngamba zacu zigamije kurushaho kubaka ejo hahamye. Twishimira ko pariki ya Nyungwe ari umurage w’isi. Dukomeje kandi gushora mu bikorwa remezo no mu bumenyi mu kwakira ibikorwa binini by’imikino nka shampiyona y’imikino ya Basket muri Afurika. Ku rwego rw’isi urwego rw’ubukerarugendo rwarazanzamutse mu buryo bufatika.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko n’ubwo ari uko bimeze, ikiguzi cyo gutembera muri Afurika ndetse no gutembera muri Afurika ubwaho bikiri imbogamizi.

Avuga ko imwe mu ngamba u Rwanda rwafashe ituma abarusura baba benshi ari uko rwashyize imbere ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano yo guhuza ikirere muri Afurika, gukuriraho Abanyafurika inzitizi ya Viza ndetse n’abandi banyamahanga bihinjira.

Ubukerarugendo mu Rwanda rufite hafi 50% by’umusaruro mbumbe wose w’u Rwanda buri mwaka.

Umuyobozi wa RDB Francis Gatare avuga ko u Rwanda ruzakomeza kwemerera abanyamahanga kwinjira mu Rwanda bafatiye viza mu Rwanda.

Avuga ko u Rwanda rwahaye buri wese wifuza kurusura cyangwa kurubamo amahirwe asesuye yo kubikora.

TAGGED:featuredInamaKagameUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Iki Leta Iteganya Mu Gukumira Inkangu Ziyongera Mu Bihe By’Imvura?
Next Article Itangazamakuru Ryugarijwe N’Abashaka Views- Depite Dr. Habineza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?