Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwanze Agasuzuguro K’Ububiligi Ruhagarika Imikoranire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwanze Agasuzuguro K’Ububiligi Ruhagarika Imikoranire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2025 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda ivuga yahagaritse imikoranire n’iy’Ububiligi bitewe n’imyitwarire yabwo irimo agasuzuguro no kurusibira amayira. Ni icyemezo kizamara imyaka itanu ni ukuvuga hagati ya 2024 na 2029.

U Rwanda ruvuga ko Bubiligi bwinjiranye na DRC mu bukangurambaga bwo kurukomanyiriza mu kubona inkunga z’iterambere, kandi ubwo bukangurambaga Ububiligi bubukora ku rwego mpuzamahanga.

Minisiteri y’u Rwanda ishinzwe ububanyi n’amahanga yasohoye itangazo rigira riti: “U Bubiligi bwahisemo icyemezo gishingiye kuri politiki yo guhitamo uruhande muri aya makimbirane kandi bubifitiye uburenganzira ariko kuvanga ibikorwa by’iterambere na politiki ni ibintu bidakwiye.”

u Rwanda ruvuga  ko imbaraga u Bubiligi bukoresha mu gushaka uko ruhagarikirwa inkunga, zerekana ko nta bufatanye mu bijyanye n’iterambere bugikenewe hagati ya Kigali na Brussels.

Mu gutanga impamvu zo guca umubano warwo n’Ububiligi, u Rwanda ruvuga ko ibihano bishingiye ku kubogamira ku ruhande rumwe bihora bisabwa n’Ububiigi  ari ukwivanga kudakenewe.

Ibyo ngo bishobora guhungabanya no guca intege imbaraga Abanyafurika bashyira mu gushakira amahoro aka Karere,  bikanadindiza umuhati wo kugera ku gisubizo cy’amahoro arambye.

Mu itangazo ryarwo, u Rwanda ruvuga ko intego yarwo ya cyera,  kandi ari nayo y’ubu, ari iyo kurinda umutekano warwo.

Hari aho rigira riti: “ Intego yacu ni imwe.  Ni iyo kurinda umutekano w’imipaka kandi nta muntu ukwiye gukomeza kwihanganira amakimbirane akomeje guterwa no kunanirwa inshingano kwa DRC n’Umuryango Mpuzamahanga wananiwe kuzuza inshingano zo gusenya umutwe w’Iterabwoba wasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi wa FDLR no kurinda uburenganzira bwaba nyamucye( Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda”.

Hashingiwe ku byavuzwe haruguru,  Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yatangaje ko imikoranire yari iri hagati y’u Rwanda n’Ububiligi ihagaze guhera mu mwaka wa 2024 kuzageza mu mwaka wa 2029.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ivuga ko idashobora guterwa ubwoba n’uwo ari we wese ku bijyanye no kurinda umutekano w’igihugu.

Mu buryo bweruye, u Rwanda ruvuga ko ruzakorana na buri wese urwubaha, wumva ko imikoranire igomba kuba ishingiye ku bwubahane ku mpande zombi.

U Rwanda rwari rusanganywe imikoranire n’Ububiligi binyuze mu kigo cyabwo kitwa Enabel.

Umwe mu bakozi bacyo azindutse abwira Taarifa Rwanda ko baraye bohererejwe ubutumwa bwa email bubasaba gufata ibyabo byose bagataha kuko akazi kahagaze.

TAGGED:featuredRwandaUbubiligiUbufatanyeUbukunguUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhura Kwa Trump Na Putin Biracyari Kure Nk’Ukwezi
Next Article Trump Yise Zelenskyy Umuyobozi Udashoboye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?