Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwashyikirije Ubuhinde Umuturage Wabwo Ukekwaho Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwashyikirije Ubuhinde Umuturage Wabwo Ukekwaho Iterabwoba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2024 3:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yoherejwe iwabo
SHARE

Umuhinde Salman Khan ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano wabaga mu Rwanda yoherejwe iwabo.

Kuri uyu wa Gatatu, taliki 27 Ugushyingo 2024, nibwo yurijwe indege ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Khan yafashwe nyuma y’ubusabe bwa Guverinoma y’u Buhinde binyuze muri Polisi Mpuzamahanga (INTERPOL) aza gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda taliki 09, Nzeri, 2024.

Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, Siboyintore Jean Bosco yavuze ko ibyaha Salman Khan akurikinyweho yabikoreye mu Buhinde ariko ahungira mu Rwanda.

Nyuma yo kumufata, u Rwanda rwabimenyesheje u Buhinde hanyuma taliki 29, Ukwakira, 2024, busaba u Rwanda ko rwakohereza Salman Khan iwabo akaburanishwa.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Dr. Emmanuel Ugirashebuja yemeje ubwo busabe bw’u Buhinde taliki 12, Ugushyingo, 2024, anatanga uruhushya rw’uko ukekwa yoherezwa yo.

N’ubwo nta masezerano yo guhanahana abanyabyaha ari hagati yu Rwanda n’u Buhinde, mu mategeko y’u Rwanda harimo ingingo y’uko mu gihe hari igihugu gisabye umunyacyaha uri mu Rwanda, ibihugu bigirana amasezerano y’ubwumvikane agahabwa igihugu kimushaka.

Siboyintore yagize ati: “Itegeko ryacu rigena ibirebana no guhanahana abanyabyaha, harimo ingingo ivuga ko iyo hari igihugu gisabye umunyacyaha uri mu Rwanda n’iyo tudafitanye amasezerano dushobora kuyakorana y’ubwumvikane, umunyabyaha ahabwa igihugu cyamusabye”.

U Rwanda ruvuga ko ari igihugu cyiyemeje kuba intangarugero ku rwego mpuzamahanga mu guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba n’ibindi byaha.

TAGGED:featuredIterabwobaRwandaSiboyintoreUbuhindeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Na Hezbollah Batangiye Agahenge Basabwe Na Amerika
Next Article Bruce Melodie Ari Guhatanira Igihembo Kizatangirwa Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?