Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwashyizwe Mu Bihugu Bikwiye Koroherezwa Mu Ngendo Zijya i Burayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwashyizwe Mu Bihugu Bikwiye Koroherezwa Mu Ngendo Zijya i Burayi

admin
Last updated: 24 September 2021 4:55 am
admin
Share
SHARE

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi washyize u Rwanda, Chile na Kuwait ku rutonde rw’ibihugu bikwiye gukomorerwa mu ngendo zinjira mu bihugu biwugize, hashingiwe ku ntambwe bimaze gutera mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Kuri uyu wa 23 Nzeri nibwo urwo rutonde rwavuguruwe, u Rwanda rusubizwaho nyuma yo kuvanwaho ku wa 15 Nyakanga 2021.

Ni urutonde rushyikirizwa ibihugu bigize EU ngo bibe byarushingiraho bifata ibyemezo ku gukomorera ingendo abagenzi bo mu bihugu byo hanze y’umuryango.

EU ikomeza iti “Imyanzuro itangwa n’iyi Nama ntabwo ari itegeko rigomba guhita ryubahirizwa. Ubuyobozi bw’ibihugu binyamuryango bigumana ububasha busesuye ku gushyira mu bikorwa ibikubiyemo.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo u Rwanda rwakurwaga ku rutonde, Luxembourg yahise irushingiraho itangaza ko abantu baruturutsemo batemerewe kwinjirayo.

U Rwanda rusubijwemo nyuma yo gukingira abarenga 10% by’abaturage bose, aho kugeza kuri uyu wa Gatatu abamaze guhabwa inkingo ebyiri bageze muri miliyoni 1.4, mu gihe abahawe rumwe ari miliyoni 1.9.

Ku wa 17 Werurwe 2020 nibwo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wiyemeje gushyiraho gahunda ihuriweho yo gufungurira amarembo ibihugu bitari mu muryango, itangira gukurikizwa guhera ku wa 30 Kamena 2020.

U Rwanda ubu ruri mu bihugu abaturage bakwiye kwemererwa kwinjira mu bihugu bigize EU hatitawe ku buremere bw’impamvu zibagenza, ni ukuvuga abafatwa nka “Non-essential travellers”.

Ni urutonde ruvugururwa buri byumweru bibiri.

- Advertisement -

Mu ivugurura ryabaye kuri uyu wa wa Kane hongereweho ibihugu bitatu bya Chile, u Rwanda na Kuwait.

Mu gihe ibyo bihugu byinjiragaho, kuri urwo rutonde havanyweho ibihugu bibiri bya Bosnia and Herzegovina na Repubulika ya Moldova.

Ibihugu bisanzwe kuri urwo rutonde ni Canada, Jordan, New Zealand, Qatar, Saudi Arabia, Singapore, South Korea, Ukraine, Uruguay n’u Bushinwa igihe nabwo bwatanga ayo mahirwe ku Burayi.

Amategeko y’ingendo kandi ngo akwiye koroshywa ku duce tugenzurwa n’u Bushinwa twa Hong Kong na Macao.

Ni mu gihe abaturage bo muri Andorra, Monaco, San Marino na Vatican bo bafatwa nk’abaturage ba EU.

EU itangaza ko kugira ngo igihugu kijye ku rutonde kigomba kuba gifite ubwandu bushya butarenga abantu 75 ku 100 000 mu gihe cy’iminsi 14, kandi bigaragara ko umubare w’abandura urimo kumanuka cyane.

Byongeye, mu minsi irindwi ishize nibura hagomba kuba hafatwa ibipimo ku baturage basaga 300 ku 100 000, kandi muri icyo gihe ubwandu bushya ntiburenge 4%.

U Bwongereza nk’igihugu cyo mu Burayi ariko cyivanye muri EU giheruka kugumisha u Rwanda ku rutonde rutukura, ni ukuvuga ibihugu abantu babiturutsemo cyangwa babinyuzemo mu minsi 10 ishize batemerewe kwinjira mu Bwongereza.

Ni icyemezo cyagumishijweho nubwo u Rwanda rumaze gukingira abantu benshi, nyuma yo gushyirwamo mu ntangiro z’uyu mwaka.

Minisiteri y’Ubuzima iheruka gutangaza ko buri cyumweru yakira inkingo, ndetse mbere y’uko uku kwezi kurangira izabona inkingo zigeze kuri miliyoni imwe.

Yavuze ko umuvuduko u Rwanda ruriho nukomeza, mbere y’uko uyu mwaka urangira u Rwanda rwakingira 30% by’abaturage bose, umwaka utaha rukagera kuri 60%.

 

TAGGED:COVID-19EUfeaturedingendoU Burayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Utubari Tuzafungurwa Twamenyekanye, Abazadukoramo i Kigali Ni Abakingiwe COVID-19
Next Article Gusaba Umuntu Uri Mu Kabari Guha Undi Metero 1.5 Ni Ukwigiza Nkana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?