Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasinyanye Na Azerbaijan Amasezerano No Mu Burezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwasinyanye Na Azerbaijan Amasezerano No Mu Burezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2025 5:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Azerbaijan Ilham Aliyev bayoboye igikorwa cyo gusinya amasezerano y’ibihugu byombi mu mikoranire mu burezi, ubuhinzi, serivisi zo mu kirere n’ubucuruzi.

Hakurikiyeho ibiganiro byabereye mu muhezo bizwi nka tête-à-tête, byahuje Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Azerbaijan, Ilham Aliyev byibanze ku bufatanye buhuriweho n’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

Nyuma baza kuganira n’itangazamakuru.

Kagame yavuze ko u Rwanda na Azerbaijan byifuza gushimangira umubano n’ubufatanye bibyara umusaruro ufatika ku bihugu byombi.

Perezida Kagame avuga ko abanya Azerbaijan bagomba kumva ko bafite inshuti mu Rwanda by’umwihariko no muri Afurika muri rusange.

Asanga ari ngombwa ko amasezerano yamaze gusinywa akwiye gukurikirwa n’ibikorwa byihuse kugira ngo ibihugu byombi byunguke.

Perezida Kagame yavuze ko abanya Azerbaijan bafite inshuti mu Rwanda

Ati: “Turifuza kurushaho gukomeza kongera imbaraga no kudatezuka kugira ngo twizere ko izo mbaraga z’ubufatanye zitanga umusaruro kuri twese.”

Kuri uyu wa Gatanu Tariki 19, Nzeri, 2025, nibwo Perezida Kagame yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Heydar Aliyev mu Murwa Mukuru Baku muri Azerbaijan ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Gen (Rtd) James Kabarebe.

Kuri uyu wa Gatandatu Perezida Kagame yasuye urwibutso rwa Alley of Honor, yunamira Heydar Aliyev wabaye Perezida wa Gatatu w’iki gihugu na Zarifa Aliyeva wari umugore we.

Perezida Kagame kandi yanashyize indabo ku rwibutso rw’intwari zaharaniye guhesha ubwigenge n’ubusugire bwa Azerbaijan.

Azerbaijan ni Repubulika, ikaba igihugu kiri hagati y’Uburayi na Aziya.

Gikora kuri Armenia, Turikiya, Georgia, Uburusiya na Iran.

Umurwa mukuru ni Baku, igihugu kikaba gituwe n’abantu Miliyoni 10.

Azerbaijan ikora ku Burayi na Aziya

Abenshi mu bagituye ni Abisilamu (97.3%), Abakirisitu(2.6%), hakaza andi madini yiganjemo na gakondo.

54 % by’ubutaka bw’iki gihugu burahingwa kandi kijyambere.

Gikize kandi kuri Petelori n’ibiyikomokaho birimo ahanini Gazi.

Urwego rwacyo rw’imari narwo ruri hejuru nk’uko bimeze mu byerekeye siyansi na tekinoliji.

TAGGED:AzerbaijanfeaturedIgihuguKagameRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwasinyanye Na Azerbaijan Amasezerano No Mu Burezi

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?