Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwishyuriye Uganda Amadeni y’Ikipe y’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

U Rwanda Rwishyuriye Uganda Amadeni y’Ikipe y’Igihugu

admin
Last updated: 03 September 2021 2:46 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryishyuriye amadeni ikipe ya Uganda (Silverbacks) yari yitabiriye irushanwa rya Afrobasket 2021 ririmo kubera i Kigali, nyuma y’ibibazo bikomeye by’amikoro yagize.

Ni irushanwa ririmo kubera muri Kigali Arena kuva ku wa 24 Kanama kugeza ku wa 5 Nzeri 2021.

Urugendo rw’ikipe y’igihugu yo Uganda muri Afrobasket 2021 rwaraye rusojwe, nyuma yo gutsindwa na Cape Verde amanota 79-71. Ni umukino warebwe na Perezida Paul Kagame.

Mbere y’Icyumweru kimwe ngo irushanwa rya Afrobasket ritangire, habuze gato ngo Uganda yivane mu irushanwa kubera ibibazo by’amikoro.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe rya Basketball muri Uganda (FUBA) bwirutse ku baterankunga bushaka ubushobozi, Guverinoma y’icyo gihugu iza kwemera gutanga miliyoni za 340 z’ama-shilling ya Uganda ngo ibashe kwitabira irushanwa.

Bijyanye n’ubushobozi buke bw’ikipe ya Uganda, ayo ma-shilling yasanze ikipe yarafashe andi madeni ubwo yari mo gushaka itike yo kwitabira imikino ya nyuma ya Afrobasket irimo kubera mu Rwanda, icyo gihe bakiniraga muri Morocco.

Umuyobozi wa FUBA, Nasser Sserunjogi, aherutse kuvuga ko ayo mafaranga yakoreshejwe mu kwishyura ideni ryafashwe mbere.

Baje mu Rwanda bizeye kuzabona andi mafaranga nk’inkunga ya leta, amaso ahera mu kirere.

Mu ibaruwa yaje kwandikira Minisitiri w’Uburezi na Siporo akaba n’umugore wa Perezida Yoweri Museveni, Janet Museveni, bari i Kigali, Sserunjogi yamubwiraga ko hari ibyago ko amadeni yashoboraga gutuma basezererwa irushanwa ritarangiye.

Ati “Magingo aya iyi kipe yacu icumbikiwe i Kigali ku ideni, kuko twijeje FIBA n’abatwakiriye ko amafaranga azaza. FIBA yaduhaye ku Cyumweru tariki 29 kugira ngo tube twishyuye ibirarane byose, bitabaye ibyo tugakurwa mu irushanwa.”

Nta kintu na kimwe yigeze abasubiza.

Icyo gihe byavugwaga ko Uganda ikeneye kwishyura nibura miliyoni 360 z’ama-shilling ya Uganda ($104,000) mu madeni.

U Rwanda rwaje kwitambika, Uganda yemererwa kuguma mu marushanwa.

Iyi kipe ya Uganda mu gihe cy’amarushanwa yari icumbitse muri hotel ya Park Inn by Radisson mu Kiyovu.

Nyuma yo gusezererwa mu irushanwa, ku mbuga nkoranyambaga hazindukiye amakuru avuga ko ikipe ya Uganda yangiwe gusohoka muri hotel kubera amadeni iyifitiye.

Umwe mu bayobozi b’iyi hotel yaje kubwira Taarifa ko nta bibazo iriya kipe ifitanye n’abayicumbikiye kugeza magingo aya.

Ati “Bameze neza, barishimye, ibintu byose bimeze neza. Barahari ubu, bazasohoka muri hotel ku itariki 7 Nzeri niba nta mpinduka zibayemo.”

Mu bundi butumwa Radisson Hotels yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko igihe bahamaze cyose cyishyuwe kandi ikipe yishimiye aho imaze iminsiicumbikiwe.

Yakomeje iti “Mu kubishimangira, ni FERWABA (Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda) yishyuye fagitire.”

To confirm, it is FERWABA (Rwanda Basketball Federation) that has settled the bill. In case for more info, we're listening and can discuss more via Direct Message. Thank you

— Radisson Hotels (@RadissonHotels) September 3, 2021

Ni igikorwa gikomeye u Rwanda rwakoze, mu gihe mu bijyanye na politiki ibihugu byombi bitabanye neza.

U Rwanda rushinja Uganda guhohotera abaturage barwo, bagafungwa mu buryo butemewe ndetse bagakorerwa iyicarubozo, bakajugunywa ku mupaka batagejejwe mu nkiko ngo bamenyeshwe ibyo baregwa.

Runashinja Uganda kandi gutera inkunga imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano.

Mu minsi ishize umucuruzi w’umunyarwanda Theoneste Dusabimana yiciwe mu mujyi wa Kabale, mu gihe uwitwa Bahati Ntwari yishwe ndetse umurambo we ugatwikwa.

Uko Ikipe Ya Uganda Yisanze Mu Bibazo i Kigali, Ikiyambaza Janet Museveni Bikanga

 

TAGGED:Afrobasket 2021featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Ikipe Ya Uganda Yisanze Mu Bibazo i Kigali, Ikiyambaza Janet Museveni Bikanga
Next Article Amerika Yahaye U Rwanda Miliyoni 75 $ Zo Gukomeza Guhangana Na SIDA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?