Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwohereje ‘Indi Batayo’ Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

U Rwanda Rwohereje ‘Indi Batayo’ Muri Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2021 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare b’u Rwanda 750 nibo bazoherezwa muri Centrafrique mu gihe kiri imbere, ariko hari  300 muri aba baherutse koherezwa yo. Bose hamwe bazaba bagize indi batayo ya gatatu y’ingabo z’u Rwanda zoherejwe kugarura amahoro muri kiriya gihugu.

Ubwo buriraga indege kuri uyu wa Mbere tariki 02, Kanama, 2021 babanje guhabwa impanuro zo gukomeza kubaha no gushyira mu bikorwa indangagaciro z’ingabo z’u Rwanda zirimo ubutwari n’ikinyabupfura mu byo zikora byose.

Ziriya mpanuro bazihawe n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka Lt Gen Mubarakh Muganga wari wabasanze mu kigo cya gisirikare kiri i Gako mu Bugesera.

Lt Gen Muganga yabanje kubibutsa indangagaciro za RDF

Bariya basirikare boherejwe muri kiriya gihugu bazaba bayobowe na Col Patrick Rugomboka.

Buririye ku kibuga cy’indege cya Kigali bajyanwa n’indege ya RwandAir.

Bazaba bagize Batayo ya gatatu y’abasirikare 750 baherejwe mu butumwa bwiswe United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation Mission in Central African Republic (MINUSCA).

Ku kibuga cy’indege, basezeweho na Brig Gen Eugene Nkubito uyobora ingabo mu Mujyi wa Kigali no Burasirazuba zigize icyo bita  1 Division.

Bariya basirikare bamaze kugera i Bangui bakiriwe n’umuyobozi w’ingabo za MINUSCA Force Commander, Lt Gen SADIKI Traoré  ari kumwe n’Umugaba mukuru w’ingabo za Centrafrique witwa Maj Gen Zephlin Mamadou.

Inshingano y’ibanze ya ziriya ngabo z’u Rwanda ni ukurinda umutekano ku muhanda ukoreshwa cyane uhuza Umurwa mukuru Bangui n’umupaka wa Centrafrique na Cameroun.

Muri Centrafrique hariyo batayo eshatu za RDF n’ibitaro ingabo z’u Rwanda zahashinze byo kuzivura no kuvura abandi baturage mu bice zikambitsemo.

Ubwo bari bageze muri Centrafrique
TAGGED:CentrafriquefeaturedIngaboKigaliMugangaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Virus Ya Delta Yagamburuje Israel ‘Isubizaho’ Kwambara Agapfukamunwa
Next Article Umusirikare Wa Mbere Wa Botswana Yaguye Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?