Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubucuruzi Muri Commonwealth Buziyongeraho Miliyari $ 19.5 Mu Myaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
CHOGM 2022

Ubucuruzi Muri Commonwealth Buziyongeraho Miliyari $ 19.5 Mu Myaka Itanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2022 9:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston uri mu Rwanda yaraye atangaje ko mu myaka itanu iri imbere, ibihugu 54 bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, buziyongeraho Miliyari $19.5.

Ibiri muri iyo myaka ni u Rwanda ruzaba ruyoboye uyu muryango.

Borris Johnston yabivuze ubwo yarangizaga inama y’iminsi itatu yari imaze iminsi ihza abayobozi bo muri uriya muryango bafite aho bahuriye n’iterambere ry’ubukungu muri wo.

Yagize ati: “ Twashoboye kwigobotora ingaruka za COVID-19 harimo na Guma mu rugo. Icyakora turacyafite ibindi byo guhangana nabyo kugira ngo dukomeze kuzamura inzego z’ubuzima bw’ibihugu byacu harimo n’urwego rw’ingufu, urwego rw’ubuhinzi rwazahajwe n’ibiciro ku isoko ndetse n’ibura ry’amafumbire.”

Mu buryo busa no gutebya, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston yavuze ko ubukungu nabwo bufite ifumbire bucyeneye ngo butere imbere, ariko yungamo ko iyo fumbire mu by’ukuri ihari

Avuga ko iyo fumbire ari yo izatuma ubukungu bushingiye ku bucuruzi bw’ibihugu 54 bigize uriya Muryango buzamuka ku kigero cya 50% ni ukuvuga inyongera ya Miliyari $19.5.

Johnston yashimye n’uburyo isoko ritagira imipaka muri Afurika ryitwa African Continental Free Trade Area, avuga ko ari ikintu gikomeye.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston

Ashima ko hari abantu miliyari 1.3 bari mu bukene bukabije, ariko ngo imikoranire y’ibihugu bigize  Commonwealth izatuma abantu miliyoni 30 bava muri urwo rwego rw’ubukene.

Ikindi ni uko ubu bucuruzi buzatuma ibihugu byinshi by’Afurika buzamuka kandi mu gihe kirekire.

Minisitiri Johnston avuga ko ariya mafaranga azatuma Afurika idakomeza gusaba no gukoresha inguzanyo y’amahanga.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr  Edouard Ngirente nawe yashimye uko abantu bitabiriye iriya nama baganiriye ku iterambere ry’ibihugu bigize uyu muryango.

Ni inama yitabiriwe n’abantu 1000 barimo ba rwiyemezamirimo, abahanga mu gukora politiki z’ubukungu, abafata ibyemezo bya politiki muri uru rego n’abandi baharanira iterambere mu bihugu byabo no ku rwego mpuzamahanga.

Iyi nama ubwo yatangizwaga, Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bari bamuteze amatwi, ababwira ko kugira ngo ejo hazaza ha Commonwealth hazabe hasangiwe n’ibihugu byose biyirimo, bizasaba ko ibyo bihugu bigira icyerekezo kimwe, kandi kidaheza uwo ari we wese.

TAGGED:featuredJohnstonNgirenteRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruri Hafi Kwihaza Mu Ngengo Y’Imari Yose Rukenera
Next Article Hagiye Gukorwa Ubushakashatsi Ku Miti Mishya Irwanya Malaria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?