Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubucuruzi Muri Commonwealth Buziyongeraho Miliyari $ 19.5 Mu Myaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
CHOGM 2022

Ubucuruzi Muri Commonwealth Buziyongeraho Miliyari $ 19.5 Mu Myaka Itanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2022 9:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston uri mu Rwanda yaraye atangaje ko mu myaka itanu iri imbere, ibihugu 54 bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, buziyongeraho Miliyari $19.5.

Ibiri muri iyo myaka ni u Rwanda ruzaba ruyoboye uyu muryango.

Borris Johnston yabivuze ubwo yarangizaga inama y’iminsi itatu yari imaze iminsi ihza abayobozi bo muri uriya muryango bafite aho bahuriye n’iterambere ry’ubukungu muri wo.

Yagize ati: “ Twashoboye kwigobotora ingaruka za COVID-19 harimo na Guma mu rugo. Icyakora turacyafite ibindi byo guhangana nabyo kugira ngo dukomeze kuzamura inzego z’ubuzima bw’ibihugu byacu harimo n’urwego rw’ingufu, urwego rw’ubuhinzi rwazahajwe n’ibiciro ku isoko ndetse n’ibura ry’amafumbire.”

Mu buryo busa no gutebya, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston yavuze ko ubukungu nabwo bufite ifumbire bucyeneye ngo butere imbere, ariko yungamo ko iyo fumbire mu by’ukuri ihari

Avuga ko iyo fumbire ari yo izatuma ubukungu bushingiye ku bucuruzi bw’ibihugu 54 bigize uriya Muryango buzamuka ku kigero cya 50% ni ukuvuga inyongera ya Miliyari $19.5.

Johnston yashimye n’uburyo isoko ritagira imipaka muri Afurika ryitwa African Continental Free Trade Area, avuga ko ari ikintu gikomeye.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston

Ashima ko hari abantu miliyari 1.3 bari mu bukene bukabije, ariko ngo imikoranire y’ibihugu bigize  Commonwealth izatuma abantu miliyoni 30 bava muri urwo rwego rw’ubukene.

Ikindi ni uko ubu bucuruzi buzatuma ibihugu byinshi by’Afurika buzamuka kandi mu gihe kirekire.

Minisitiri Johnston avuga ko ariya mafaranga azatuma Afurika idakomeza gusaba no gukoresha inguzanyo y’amahanga.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr  Edouard Ngirente nawe yashimye uko abantu bitabiriye iriya nama baganiriye ku iterambere ry’ibihugu bigize uyu muryango.

Ni inama yitabiriwe n’abantu 1000 barimo ba rwiyemezamirimo, abahanga mu gukora politiki z’ubukungu, abafata ibyemezo bya politiki muri uru rego n’abandi baharanira iterambere mu bihugu byabo no ku rwego mpuzamahanga.

Iyi nama ubwo yatangizwaga, Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bari bamuteze amatwi, ababwira ko kugira ngo ejo hazaza ha Commonwealth hazabe hasangiwe n’ibihugu byose biyirimo, bizasaba ko ibyo bihugu bigira icyerekezo kimwe, kandi kidaheza uwo ari we wese.

TAGGED:featuredJohnstonNgirenteRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruri Hafi Kwihaza Mu Ngengo Y’Imari Yose Rukenera
Next Article Hagiye Gukorwa Ubushakashatsi Ku Miti Mishya Irwanya Malaria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?