Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubugambanyi Ukraine Yakorewe N’Abayiyobora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Ubugambanyi Ukraine Yakorewe N’Abayiyobora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 3:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ikarita ya Ukraine ku mubumbe w'isi.
SHARE

Umudepite, ba Guverineri b’Intara na bamwe mu bakora mu itsinda ririnda Umukuru w’igihugu cya Ukraine batawe muri yombi bazira ruswa ubwo bagiraga uruhare mu gutumiza drones z’intambara bakaryaho ‘commission’ ya 30%.

Si drones zonyine bakurikiranyweho iyo ‘bitugukwaha’ kuko bavugwa no mu kintu nk’icyo mu kugura ibindi bikoresho by’intambara byagombaga gufasha iki gihugu guhangana n’Uburusiya, igihugu gikomeye cyane mu bya gisirikare.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky kuri X yahatangarije ko abo bantu bafashwe nyuma y’uko Komisiyo yo kurwanya ruswa itangaje raporo yagaragaje ko hari ibimenyetso bigaragaza ko ‘koko’ ari abo gukekwa.

Yanditse ko igihugu cye kidashobora kwihanganira na gato ruswa uko yaba ingana kose, ibyo yise zero tolerance.

N’ubwo ashima abakoze iryo cukumbura bakabishyira ku karubanda, abaturage bari bamaze iminsi bagaya Guverinoma ye ko idaha ubwisanzure abagize Komisiyo yarikoze.

Iyo Komisiyo muri Ukraine bayise [mu Cyongereza] National Anti-Corruption Bureau and Specialised Anti-Corruption Prosecutor’s Office.

Mu gusobanura icyatumye itinda guhabwa ubwo bwisanzure, Perezida yavuze ko habanje gukora uko bishoboka ngo ikuburwemo ibintu byose byari bifite aho bihuriye n’Uburusiya.

Aho abaturage bigaragambirije bakereka ubuyobozi bwabo ko badashimishijwe n’uko iyo Komisiyo ifatwa, nibwo Zelensky yategetse ko isubirana ibyahoze biyiranga mu bwisanzure bwayo bugenwa n’amategeko.

Byashimishije benshi barimo n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubutasi muri Minisiteri y’ingabo Kyrylo Budanov ndetse n’ibihugu by’inshuti za Ukraine byo mu Bumwe bw’Uburayi byabishimye.

Mu mwaka wa 2023, abagize iyi Komisiyo bakoze iperereza rikomeye kuwari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Vsevolod Kniaziev wakekwaga muri ruswa ya Miliyoni $3.

BBC dukesha iyi nkuru ntivuga aho ziriya drones zaguzwe n’ayo buri wese mubavugwa muri iyi dosiye yari bukuremo.

TAGGED:AbayobozifeaturedIntambaraPerezidaUbugambanyiUkraineZerensky
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke, Karongi, Rutsiro… Haragwa Imvura Irimo Inkuba Nyinshi
Next Article Gicumbi: Hari Itsinda Ryiyise Abaparakomando
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?