Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuhamya Bw’Uwigishijwe Na Gicondo Murumuna Wa Prof Kigabo Witabye Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubuhamya Bw’Uwigishijwe Na Gicondo Murumuna Wa Prof Kigabo Witabye Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2021 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sophany Gicondo ni murumuna wa Prof Thomas Kigabo, bombi bitabye Imana mu bihe bitandukanye. Umwe mubo Gicondo yigishije ubugenge mu mashuri yisumbuye witwa Alphonse Rutarindwa  yabwiye Taarifa ko atazibagirwa uburyo Gicondo yabahaga ingero zibumvisha isomo mu buryo bworoshye.

Icyo gihe Sophany Gicondo yigishaga mu rwunge rw’amashuri rwa Gasetsa mu cyahoze ari Komini Kigarama muri Perefegitura ya Kibungo, ubu ni mu Karere ka Ngoma.

Alphonse Rutarindwa wigishijwe na nyakwigendera Gicondo yatubwiye ko yari afite uburyo bwihariye bwo gusobanura Ubugenge[Physics], akabikora asetsa kandi umunyeshuri akabyumva neza.

Avuga ko kubera ko ubugenge ari isomo rivuna ubwonko, kuryiga binyuze mu ngero zumvikana kandi zisekeje bituma ubwonko butarirambirwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yatubwiye ati: “ Yari umuhanga cyane ucecetse yakundaga kuganira n’abanyeshuri mu matsinda mato. Icyo gihe nkeka ko hari ahagana 1997. Yishaga  physics mu kigo hose, akaduha ingero zisekeje kandi zo mu buzima busanzwe.”

Yatubwiye ko hari ubwo Sophany Gicondo yabigishije isomo ry’ibiyega(movement)aza kwitangaho urugero kugira ngo abumvishe ko umubyimba n’uburemere bw’ikiyega(imodoka, moto…)bugira ingaruka ku muvuduko wacyo.

Ngo yarababwiye ati: “Murebe ukuntu ngana[yari munini], ubwo rero kariya kana[avuga Rutarindwa] twirutse nta kabuza kansiga kuko iyo ikintu kiruka iyo ari kinini kiba kikoreye umubyimba wacyo bityo bikagira ingaruka ku muvuduko gifite.”

Ikindi avuga ko cyarangaga nyakwigendera ni uko atajyaga arakarira abanyeshuri ahubwo yabagiraga inama z’uko bakwiga bakamenya ubugenge n’andi masomo.

Alphonse Rutarindwa

Yishimira ko ubu yabaye umugabo ukorera Leta, ubumenyi afite akaba abukesha nyakwigendera Sophany Gicondo n’abandi barimu bamwigishije.

- Advertisement -

Gicondo yabaga muri Australie abana n’umuryango we.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mutarama 2021. Yazize uburwayi.

Apfuye afite  imyaka 55 y’amavuko, yari amaze umwaka umwe muri Australie aho yari yaragiye gutura we n’umugore we n’abana.

 

TAGGED:featuredGicondoNgomaRutarindwaUbugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamaro umukinyi wa Film yafatanywe na bagenzibe banywa inzoga barenze kumabwiriza yo kwirinda COVID_19
Next Article Urubanza Rukomatanyije Rwa Rusesabagina, Sankara… Rwimuriwe i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?