Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Kuzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2024 6:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari wa 2024, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 9.7% ahanini bitewe n’uko ubukungu muri rusange bwongeye kuzanzamuka ariko cyane cyane n’umusaruro w’ubuhinzi.

Iby’iyi mibare byaraye bitangajwe na Minisitiri w’imari n’igenamigambi Yussuf Murangwa  mu kiganiro cyagarutse ku miterere y’umusaruro w’imbere mu gihugu yaraye agejeje ku banyamakuru.

Muri icyo kiganiro kandi hari n’abayobozi bakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, NISR.

Muri rusange, urwego rwa serivisi nirwo rukomeje kuba urwa mbere mu kuzamura umusaruro w’u Rwanda.

Ku rundi ruhande, umusaruro ukomoka ku buhinzi nawo mu mwaka wa 2023/2024 warazamutse utuma ndetse n’ibiciro ku isoko byari byatumbagiye mu mezi yo hagati mu mwaka wa 2023 bigabanuka.

Ibibazo byatumye ubukungu bw’u Rwanda bugabanuka mu myaka nk’itatu yatambutse ahanini byari bishingiye no ku bibazo biremerereye isi  birimo ingaruka za COVID-19, iz’intambara yo muri Ukraine n’Uburusiya, ibishingiye ku mihindagurikire y’ikirere n’ibindi.

Ubuhinzi bw’u Rwanda bwo mu gihe gito gishize bwarazamutse ku kigero cyiza kuko bwabanje ku kigero cya 7% , hari mu gihembwe cya mbere cy’ingengo y’imari y’umwaka turi kuvugaho, bituma bugira uruhare ku musaruro mbumbe w’u Rwanda ungana na 25% ubibaze muri rusange.

Yusuf Murangwa avuga ko imibare n’icyerekezo cy’ubukungu bw’u Rwanda byombi byerekana ko ubukungu bwarwo buzakomeza guteza imbere.

Ibi ariko, ku rundi ruhande, bishoboka neza iyo nta zindi ‘birantega’ zitambitse akenshi zishingiye ku bintu u Rwanda rutabona icyo rubihinduraho.

Impuzandengo y’izamuka ry’ubukungu bwarwo mu mwaka wa 2023 yari 8.2% ariko ubu ni 9.7%, bikagaragaza ko buzamuka neza.

Murangwa yaraye abwiye itangazamakuru ati: “ Kuzamuka k’ubukungu bwacu kugaragarira ku mikorere myiza yaza serivisi n’urwego rw’inganda hakiyongeraho n’urwego rw’ubuhinzi”.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Yussuf Murangwa. Ifoto@The New Times

Imibare ariko ivuga ko umusaruro w’ibihingwa byoherezwa hanze utigeze wiyongera kuko wagumye kuri 0% ndetse uw’ikawa ugabanukaho 13%.

Icyayi ni cyo cyakomeje kuza imbere mu byo u Rwanda rwagurishije hanze kuko umusaruro wacyo rwohereje yo wiyongereye ku kigero cya 21%.

Urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro narwo rwazamutse ku kigero cya 10% muri rusange.

Ni izamuka ryatewe nuko ubucukuzi buri gukorwa kinyamwuga, neza kandi amabuye u Rwanda rwohereza hanze akaba aba ameze neza.

Urwego rw’ubwubatsi( imihanda, inyubako n’ibindi bikorwaremezo) rwazamutse ku kigero cya 16% n’aho inganda zizamuka ku kigero cya 4% muri rusange kandi imibare y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare ivuga ko iryo zamuka ryatewe ahanini no gushyira imbaraga mu nganda zikora ibyuma, izikora ibikoresho byo mu ngo n’izikora izindi mashini.

U Rwanda rwanazamuye umusaruro w’inganda zikora impapuro n’imbaho, intsinga n’ibyuma.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko hari icyizere cy’uko ubukungu bwarwo buzakomeza kuzamuka n’ubwo itirengagiza ibisitaza birimo ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere bishobora kwaduka igihe icyo ari cyo cyose.

TAGGED:featuredIkirereImariIngandaMurangwaRwandaUbucuruziUbuhinziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ramaphosa Yarahiriye Kongera Kuyobora Afurika Y’Epfo
Next Article Nyuma Ya Koreya Ya Ruguru, Putin Yageze Muri Vietnam
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?