Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 August 2025 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ndayishimiye na Kassim Majariwa ubwo batangizaga uwo mushinga.
SHARE

Perezida Evariste Ndayishimiye, ari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Tanzania Kassim Majariwa, aherutse gutangiza umushinga wo kubaka gariyamoshi izahuza ibihugu byombi.

Iki gikorwaremezo kizahuza igice cya Tanzania cya Uvinza n’igice cy’Uburundi cya Musongati.

Iyi nzira y’ubwikorezi ica ku butaka izubakwa na barwiyemezamirimo bo muri Nigeria n’abo muri Qatar.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko agace ka Musongati gafite umugisha kuko gasanzwe kazwiho umutungo kamere urimo n’ibuye ry’agaciro ryitwa Nickel, irya platine n’irya zinc kandi, nk’uko abivuga, ayo mabuye ahari ku bwinshi.

Yavuze kandi ko imikoranire y’igihugu cye na Tanzania muri uwo mushinga ishimangira umubano usanzwe hagati ya Gitega na Dodoma.

Ati: “Imirimo yo kubaka inzira ya gariyamoshi iduhuza yerekana umubano usanzwe hagati ya Tanzanie n’Uburundi. Umushinga wo kuyubaka twamaze amajoro menshi tuwutekerezaho none igihe cyo kuwutangiza kirageze”.

Kuri we, Tanzania ni igihugu cy’abavandimwe kandi mu bihe bigoye babaye hafi y’Uburundi ndetse bakiriye impunzi nyinshi zabwo zahungiye yo mu bihe bitandukanye harimo no mu gihe cy’ubwigenge.

Ndayishimiye kandi avuga ko iriya nzira izafasha igihugu cye kugera ku majyambere kiyemeje kugeraho hagati y’umwaka wa 2040 n’uwa 2060.

Minisitiri w’Intebe wa Tanzania Kassim Majaliwa asanga gufatanya kubaka igikorwa nka kiriya byerekana ubufatanye bw’abana ba Afurika.

Yaboneyeho gutangaza ko iriya nzira izagenda ikagera no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ahitwa Kindu.

Minisitiri w’Intebe w’Uburundi Nestor Ntahontuye avuga ko ubucuruzi hagati y’igihugu cye na Tanzania bufite akamaro kanini kuko nko kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena, 2025 ibicuruzwa byavuye muri Tanzania bikaza mu Burundi byari toni 43 147.

Byari biturutse ku cyambu cya Dar es Salaam, Ntahobatuye akavuga ko iriya nzira niyuzura izatuma ubwo bucuruzi burushaho kuzamuka.

Imibare ivuga ko iriya nzira ya gariyamoshi izaba ireshya na kilometero 282, ikazava mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Tanzania ikana mu Majyepfu y’Uburundi.

Izubakwa ku giciro cya Miliyari $2,14 , mu gihe cy’imyaka itandatu, ayo mafaranga akaba yaratanzwe na Banki Nyafurika y’Iterambere.

Umuhanga mu by’ubukungu witwa Diomède Ninteretse avuga ko uwo mushinga ari mwiza, gusa akemeza ko hari ikiguzi bizasaba Abarundi kandi basanzwe babayeho nabi.

TAGGED:BurundiGariyamoshiTanzaniaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika
Next Article Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Taylor Swift Yemeye Kurushinga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?