Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2025 1:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urwego rushinzwe ubutasi mu Burundi nirwo ruvugwaho kumufunga.
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16, Nzeri, 2025 i Bujumbura havuzwe amakuru y’Umunyarwanda tutaramenya umwirondoro we, ufunganywe n’umwe muba YouTubers bakomeye i Burundi witwa Dieudonné Niyukuri.

SOS Média Burundi yanditse ko uwo musore w’imyaka 22 yafatanywe n’abandi bantu bane barimo umushoferi w’Umunyarwanda, ariko hakaba andi makuru avuga ko abo bose bafunzwe Tariki 28, Kanama uyu mwaka.

Bivugwa ko abo bantu bashimuswe n’urwego rw’iperereza ry’Uburundi mu ishami ryarwo rishinzwe gukurikirana impunzi z’Abarundi riyobowe n’uwitwa Hajayandi.

Bafatiwe mu Kirundo mu gace gaturanye n’u Rwanda mu Majyaruguru y’Uburundi.

Hari umwe wo muri benewabo b’uwo musore nawe w’umu YouTuber wabwiye SOS Média Burundi ko ababashimuse babatse incungu babizeza kuzarekura abantu babo ariko barategereje baraheba.

Binavugwa kandi ko uwo mu ‘Youtubeur’ nk’uko mu Burundi bibita yafashwe amaze igihe ari inshuti y’umwe mu bantu bahoze ari abasirikare ukomoka muri Bubanza wari waramwijeje ko ari umufana we kuri YouTube, uwo akaba ari we bivugwa ko yamugejeje mu mimerere yatumye afatwa arafungwa.

Dieudonné Niyukuri. Ifoto: SOS Media Burundi

Ikindi ni uko Niyukuri yahunze Uburundi mu mwaka wa 2015 ubwo muri kiriya gihugu havukaga imvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’igihugu ataravuzweho rumwe, ahungira muri Mozambique, aho yavuye mu mwaka wa 2024 aza mu Rwanda.

Hari mugenzi we ukoresha YouTube wasabye Leta y’Uburundi byibura kubereka aho uwo musore afungiye ngo bamusure, uyu akemeza ko mugenzi we azira kujora ibikorwa by’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD.

Dieudonné Niyukuri  yari asanganywe ikiganiro cyakunzwe cyane yise Ca Akenge yakundaga kuvugira ho ibyo abona bitagenda neza iwabo, akanasesengura ibyandikirwa mu Karere akabihuza n’ibibera iwabo.

Si we gusa wahungiye mu Rwanda wahuye n’ako kaga kuko muri Kanama, 2022 umunyamakuru wo mu Burundi wabaga mu Rwanda witwa Floriane Irangabiye nawe yafashwe n’inzego z’Uburundi akatirwa gufungwa imyaka 10 ariko aza kurekurwa ku mbabazi Perezida yatanze rwagati muri Kanama, 2024.

Floriane Irangabiye ubwo yarekurwaga.

Yashinjwaga kugambirira guhungabanya ubusugire bw’Uburundi.

TAGGED:BurundifeaturedImpunziUburundiUmunyarwandaUmushoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye
Next Article U Rwanda Rwasinyanye Na Azerbaijan Amasezerano No Mu Burezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?