Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2025 1:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urwego rushinzwe ubutasi mu Burundi nirwo ruvugwaho kumufunga.
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16, Nzeri, 2025 i Bujumbura havuzwe amakuru y’Umunyarwanda tutaramenya umwirondoro we, ufunganywe n’umwe muba YouTubers bakomeye i Burundi witwa Dieudonné Niyukuri.

SOS Média Burundi yanditse ko uwo musore w’imyaka 22 yafatanywe n’abandi bantu bane barimo umushoferi w’Umunyarwanda, ariko hakaba andi makuru avuga ko abo bose bafunzwe Tariki 28, Kanama uyu mwaka.

Bivugwa ko abo bantu bashimuswe n’urwego rw’iperereza ry’Uburundi mu ishami ryarwo rishinzwe gukurikirana impunzi z’Abarundi riyobowe n’uwitwa Hajayandi.

Bafatiwe mu Kirundo mu gace gaturanye n’u Rwanda mu Majyaruguru y’Uburundi.

Hari umwe wo muri benewabo b’uwo musore nawe w’umu YouTuber wabwiye SOS Média Burundi ko ababashimuse babatse incungu babizeza kuzarekura abantu babo ariko barategereje baraheba.

Binavugwa kandi ko uwo mu ‘Youtubeur’ nk’uko mu Burundi bibita yafashwe amaze igihe ari inshuti y’umwe mu bantu bahoze ari abasirikare ukomoka muri Bubanza wari waramwijeje ko ari umufana we kuri YouTube, uwo akaba ari we bivugwa ko yamugejeje mu mimerere yatumye afatwa arafungwa.

Dieudonné Niyukuri. Ifoto: SOS Media Burundi

Ikindi ni uko Niyukuri yahunze Uburundi mu mwaka wa 2015 ubwo muri kiriya gihugu havukaga imvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’igihugu ataravuzweho rumwe, ahungira muri Mozambique, aho yavuye mu mwaka wa 2024 aza mu Rwanda.

Hari mugenzi we ukoresha YouTube wasabye Leta y’Uburundi byibura kubereka aho uwo musore afungiye ngo bamusure, uyu akemeza ko mugenzi we azira kujora ibikorwa by’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD.

Dieudonné Niyukuri  yari asanganywe ikiganiro cyakunzwe cyane yise Ca Akenge yakundaga kuvugira ho ibyo abona bitagenda neza iwabo, akanasesengura ibyandikirwa mu Karere akabihuza n’ibibera iwabo.

Si we gusa wahungiye mu Rwanda wahuye n’ako kaga kuko muri Kanama, 2022 umunyamakuru wo mu Burundi wabaga mu Rwanda witwa Floriane Irangabiye nawe yafashwe n’inzego z’Uburundi akatirwa gufungwa imyaka 10 ariko aza kurekurwa ku mbabazi Perezida yatanze rwagati muri Kanama, 2024.

Floriane Irangabiye ubwo yarekurwaga.

Yashinjwaga kugambirira guhungabanya ubusugire bw’Uburundi.

TAGGED:BurundifeaturedImpunziUburundiUmunyarwandaUmushoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?