Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburwayi Bwa Kabuga Bwongeye Kuba Inzitizi Mu Rubanza Rwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Uburwayi Bwa Kabuga Bwongeye Kuba Inzitizi Mu Rubanza Rwe

Last updated: 10 March 2021 10:54 am
Share
SHARE

Abacamanza baburanisha urubanza rwa Kabuga Félicien uregwa ibyaha bya Jenoside banzuye ko ababuranyi ku mpande zombi bakora inama nsuzumarubanza hifashishijwe uburyo bwo guhererekanya inyandiko, kubera ko Kabuga atameze neza.

Ni icyemezo cyatangajwe n’abacamanza batatu baburanisha urubanza rwa Kabuga, ari bo Perezida w’Inteko y’abacamanza lain Bonomy na bagenzi be Graciela Susana, Gatti Santana na Elizabeth Ibanda-Nahamya.

Itegeko rigena ko mu minsi itarenga 120 uregwa agejejwe imbere y’urukiko ku nshuro ya mbere hakorwa inama isuzuma imigendekere y’urubanza (status conference), hagamijwe kungurana ibitekerezo hagati y’ababuranyi.

Niyo isuzumirwamo imigendekere y’urubanza no kwemerera uregwa kuba yazamura inzitizi zijyanye n’urubanza zishobora kuba uburwayi cyangwa uburyo umuntu amerewe.

Guma mu rugo n’uburwayi byabaye inzitizi…

Inama yagombaga kuba ku wa 3 Gashyantare 2021, ariko iza kwigizwa nyuma ya tariki 11 Werurwe 2021 bijyanye n’amabwiriza ya Guma mu Rugo yari amaze gushyirwaho mu Buholandi kubera icyorezo cya COVID-19.

Ayo mabwiriza yajyanye n’ihagarikwa ry’ingendo zimwe z’indege, harimo n’izavaga mu bihugu bituyemo abacamanza babiri muri batatu baburanisha uru rubanza. Ku wa 4 Werurwe hanzuwe ko za ngamba zikomeza kubahirizwa kugeza ku wa 1 Mata 2021.

Inyandiko y’abacamanza igaragaza ko hahise hatekerezwa uburyo abunganira Kabuga n’Ubuhinjacyaha bakora iyo nama hifashishijwe ikoranabuhanga cyangwa uburyo bw’inyandiko.

Gusa inyandiko yatangajwe igaragaza ko muri raporo yo ku wa 5 Werurwe 2021, umuganga wo kuri gereza y’Umuryango w’Abibumbye mu Buholandi aho Kabuga afungiwe, yagaragaje ko “Kabuga adashobora kwitabira inama nsuzumarubanza ahibereye cyangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’amashusho mbere ya tariki 11 Werurwe bijyanye n’imiterere y’ubuzima bwe muri iki gihe.”

Urukiko rwavuze ko icyaruta ibindi ari uko inama zikorwa abantu bari kumwe zazongera kubaho ari uko zitekanye bijyanye n’icyorezo cya COVID-19 n’ibyago byo kuba abantu bakwanduzanya.

Uburyo bwo guhura bwahise buhagarikwa, impande zose zemeranya ko zishobora gukoresha inyandiko.

Rwategetse ko Ubushinjacyaha, Abaregwa n’Ubwanditsi bw’Urukiko bagomba kuba batanze mu nyandiko imyanzuro yabo, niba ihari, bitarenze ku wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2021. Izo mpande zombi zigomba gusubizanya igihe hari uruhande ruzaba rwagize icyo rugaragaza, bitarenze tariki 19 Werurwe 2021.

Mu gihe bizaba ngombwa, urukiko ngo ruzaba rwamaze gushyiramo imyanzuro yarwo hashingiwe ku bizaba byagaragajwe.

Kabuga yafatiwe mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020, urukiko rwemeza ko abanza gufungirwa mu Buholandi mu gihe hagisesengurwa neza ibijyanye n’ubuzima bwe n’imibereho y’abatuye Tanzania, mbere y’uko hanzurwa niba azafungirwa ndetse akaburanira i Arusha aho impapuro zitegeka ifatwa rye zemeje ko azafungirwa.

Kabuga yagejejwe imbere y’urukiko ku nshuro ya mbere ku wa 11 Ugushyingo 2020 i La Haye, ahakana ibyaha aregwa.

Aregwa icyaha  cya Jenoside, kuba icyitso cy’abakoze Jenoside, guhamagarira abantu mu buryo butaziguye kandi mu ruhame gukora Jenoside, ubwinjiracyaha bwa Jenoside, ubwumvikane bugamije gukora Jenoside, n’itsembatsemba n’itoteza nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu, byakozwe mu rwego rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

TAGGED:Fabuga Felicienfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuturage Ku Isonga! Hamwe Ba Gitifu Barakubita, Ahandi Bagakubitwa
Next Article Umwaka wa 2020 Muri DRC Hishwe Abagiraneza 10
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?