Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburyo Butanu Bwafashije Warren Buffett Gutunga Za Miliyari $
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Uburyo Butanu Bwafashije Warren Buffett Gutunga Za Miliyari $

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Warren Buffet ni umwe mu Banyamerika b’abaherwe kurusha abandi Banyamerika n’abandi batuye isi yose.

Ni umuherwe wa gatanu ku isi kuko atunze miliyari $106, akaba akomoka muri Amerika.

Afite imyaka 92 y’amavuko, akaba asanganywe ikigo yise Berkshire Hathaway gikubiye hamwe ibigo bitandukanye bimubyarira inyungu.

1.Ateganya mu gihe kirekire cyane…

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mukambwe mu mitekerereze ye y’ishoramari, ateganya inyungu mu gihe kirekire. Yirinda gukora ishoramari rito, rya rindi rizatanga inyungu ihutiweho ariko idatubutse.

Buffett atekereza imishinga izunguka nyuma y’imyaka itanu, icumi cyangwa 30…

Iyo arangije gushora, akurikizaho gukurikirana uko iyi mishinga yunguka kandi akabikora nta kurambirwa.

Uyu musaza ntajya akurwa umutima n’uko byifashe ku isoko ry’imari n’imigabane ahubwo aba azi neza ko bizunguka, ku rundi ruhande akaba yarateguye uburyo bwo kuzatera ingabo mu bitugu imishinga imwe n’imwe yazahura n’ibibazo.

Iyi mikorere ye ituma abona umwanya wo kureba ahandi yashora kuko aba abona ko hakunguka hakunganira aho abona hashobora kugira icyuho.

- Advertisement -

2.Azi kwihangana

Kwihangana kwa Buffet ni kimwe mu bimufashije kugera ku byo yagezeho. Uyu mukambwe afata amadolari menshi akayashyira mu masoko y’imigabane, hanyuma avuyemo akayashora mu mishinga y’ikoranabuhanga, ubuhinzi, gutwara abantu n’ibindi…

3.Avumbura aho ashobora guhomba…

Buffett ni umuntu uzi kureba aho ashora hatandukanye. Icyakora si ko hose ahashora aye.

Aho abonye ko hazamuhombya, arahazibukira. Ntajya  amenya ibyo guhatiriza ngo wenda naho bizacamo.

Warren Buffett azi kureba niba ahantu runaka haterekana gusa amahirwe yo kunguka ahubwo agashyira no ku munzani akareba ibyago byo guhomba yazahahurira nabyo.

Aho abonye ibintu byacika, ahita abyihorera.

4.Ashora henshi…

N’ubwo azi neza ko guhomba bishoboka, ntibimubuza gushora henshi. Aho hose aba azi neza kureba ahari ibyago byo guhomba, agashaka uburyo bwo kuzaziba icyuho igihe cyose byagaragara ko ‘business’ runaka igiye guhirima.

5.Ashora mu bizaramba

Niwitegereza uzasanga hari ibigo bikundwa mu gihe runaka kubera ko biba bizanye serivisi cyangwa imari runaka abantu bakabiharara.

Iyo agahararo karangiye, abantu barigendera.

Warren Buffett we ashora aye mu mishinga yamaze kubona ko izazana ibisubizo by’igihe kirekire.

Akora k’uburyo imishinga ashoyemo iba iri hejuru y’indi mishinga bisa mu rwego rw’agaciro no kuramba.

Mu magambo avunaguye uko niko ikinyamakuru fool.co.uk gisobanura ubuhanga bwa Buffett mu gushora miliyari $ ze.

TAGGED:AmadolariBuffettfeaturedImariIshoramari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndayishimiye Yavuze Ko Ntabyo Kumuhirika Ku Butegetsi Biri Mu Gihugu
Next Article Muhanga: Kwanga Kwiteranya Bituma Badatanga Amakuru Ku Makimbirane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?