Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubusabane Bwa JIBU Na Marines FC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ubusabane Bwa JIBU Na Marines FC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2023 5:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’ubucuruzi bw’amazi asukuye JIBU, ishami ry’u Rwanda, cyishimiye uko imikoranire yacyo na Marine FC yagenze muri  shampiyona ishize.

Si Marine FC , iki kigo cyakoranye nayo mu mwaka ushize kuko hari na Rwamagana City ndetse n’ikipe y’abakobwa bo mu Bugesera bakina umukino w’igare.

Mu rwego rwo kwishimira ubu bufatanye, hakinwe umukino wa gicuti wahuje ikipe y’abakozi ba JIBU n’abakinnyi ba Marine F, umukino ukaba wabereye kuri Stade Umuganda yo mu Karere ka Rubavu.

Ubuyobozi bwa JIBU bushima uko Marice FC yitwaye, bukavuga  ko bwizeye ko imikoranire ku mpande zombi izakomeza kuba myiza mu gihe kiri imbere.

Umuyobozi wa JIBU mu Rwanda no Karere ruherereyemo( muri Uganda, mu Burundi no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo)  witwa Darlington Kabatende avuga ko iyo bakoranye n’amakipe bituma barushaho kwegera abaturage.

Ati: “ Marines FC yaguye amarembo, umuntu wese uyegereye barakorana. Yatumye dukorana kandi byagenze neza mu mwaka wa Shampiyona ishize kandi muri iyo mikoranire byatumye twegera abaturage tubabwira ibyiza byo kunywa amazi yezewe kandi ku giciro gito”.

Kabatende avuga ko JIBU ishami ry’u Rwanda rifasha n’andi makipe harimo n’iy’abakobwa bakina umukino w’igare kandi ngo biteguye kuzakorana n’andi makipe mu gihe kiri imbere.

Marine FC na JIBU bafatanyije kandi mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside biciwe ku kiswe Commune Rouge, bashyira ingabo ku rwibutso ruhari.

Abakozi ba JIBU bari baherutse kujya mu kindi gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo basuraga urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruba i Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Abakinnyi ba Marice FC na Rwamagana City bitwaye neza bahembwe n’ubuyobozi bwa JIBU, bahabwa n’inyandiko zemeza ibigwi byabo.

Babyita mu ndimi z’amahanga Appreciation Award.

Abakinnyi bitwaye neza bahawe icyemeza ibigwi byabo
Ubuyobozi bwa JIBU n’ubwa Marines bateruriye rimwe igihembo kigenewe Marine FC

 

Bunamiye Abatutsi bazize Jenoside biciwe mu kiswe Commune Rouge

 

Urwibutso rwa Commune Rouge
TAGGED:AmaziIsukuJenosideJIBUShampiyona
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi N’Abayirokotse Bashyizeho Uburyo Bwo Kwiteza Imbere
Next Article Umuyobozi Wavuzweho Gusambanira Mu Ruhame Yavuze Uko Yagambaniwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?