Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubusabane Bwa JIBU Na Marines FC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ubusabane Bwa JIBU Na Marines FC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2023 5:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’ubucuruzi bw’amazi asukuye JIBU, ishami ry’u Rwanda, cyishimiye uko imikoranire yacyo na Marine FC yagenze muri  shampiyona ishize.

Si Marine FC , iki kigo cyakoranye nayo mu mwaka ushize kuko hari na Rwamagana City ndetse n’ikipe y’abakobwa bo mu Bugesera bakina umukino w’igare.

Mu rwego rwo kwishimira ubu bufatanye, hakinwe umukino wa gicuti wahuje ikipe y’abakozi ba JIBU n’abakinnyi ba Marine F, umukino ukaba wabereye kuri Stade Umuganda yo mu Karere ka Rubavu.

Ubuyobozi bwa JIBU bushima uko Marice FC yitwaye, bukavuga  ko bwizeye ko imikoranire ku mpande zombi izakomeza kuba myiza mu gihe kiri imbere.

Umuyobozi wa JIBU mu Rwanda no Karere ruherereyemo( muri Uganda, mu Burundi no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo)  witwa Darlington Kabatende avuga ko iyo bakoranye n’amakipe bituma barushaho kwegera abaturage.

Ati: “ Marines FC yaguye amarembo, umuntu wese uyegereye barakorana. Yatumye dukorana kandi byagenze neza mu mwaka wa Shampiyona ishize kandi muri iyo mikoranire byatumye twegera abaturage tubabwira ibyiza byo kunywa amazi yezewe kandi ku giciro gito”.

Kabatende avuga ko JIBU ishami ry’u Rwanda rifasha n’andi makipe harimo n’iy’abakobwa bakina umukino w’igare kandi ngo biteguye kuzakorana n’andi makipe mu gihe kiri imbere.

Marine FC na JIBU bafatanyije kandi mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside biciwe ku kiswe Commune Rouge, bashyira ingabo ku rwibutso ruhari.

Abakozi ba JIBU bari baherutse kujya mu kindi gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo basuraga urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruba i Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Abakinnyi ba Marice FC na Rwamagana City bitwaye neza bahembwe n’ubuyobozi bwa JIBU, bahabwa n’inyandiko zemeza ibigwi byabo.

Babyita mu ndimi z’amahanga Appreciation Award.

Abakinnyi bitwaye neza bahawe icyemeza ibigwi byabo
Ubuyobozi bwa JIBU n’ubwa Marines bateruriye rimwe igihembo kigenewe Marine FC

 

Bunamiye Abatutsi bazize Jenoside biciwe mu kiswe Commune Rouge

 

Urwibutso rwa Commune Rouge
TAGGED:AmaziIsukuJenosideJIBUShampiyona
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi N’Abayirokotse Bashyizeho Uburyo Bwo Kwiteza Imbere
Next Article Umuyobozi Wavuzweho Gusambanira Mu Ruhame Yavuze Uko Yagambaniwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?