Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Bwohereje Defence Attaché Wa Mbere Muri Ambasade Yabwo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ubushinwa Bwohereje Defence Attaché Wa Mbere Muri Ambasade Yabwo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Captain Li Dayi niwe wabaye Defence Attaché wa mbere w’Ubushinwa woherejwe mu Rwanda. Uyu musirikare yitezweho guteza imbere ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’Ubushinwa n’u Rwanda.

Abakozi muri za Ambasade bitwa Defence Attaché  baba ari abasirikare bashinzwe kureba uko imikoranire mu bya gisirikare hagati y’igihugu bahagarariye n’icyo bakoramo ihagaze..

U Rwanda n’Ubushinwa ni ibihugu bifitanye umubano w’imyaka myinshi kandi wageze kuri byinshi.

Ibihugu byombi bifatanya mu rwego rw’ubukungu, uburezi, ikoranabuhanga, guteza imbere ibikorwaremezo n’ibindi.

Mu muhango wo guha ikaze Captain Li Dayi hari hari Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yari ihagarariwe na Major Gen J.B Ngiruwonsanga n’abandi bakozi mu nzego zo hejuru muri Ambasade.

Minisiteri y’ingabo yari ihagarariwe na Maj. Gen J.B Ngiruwonsanga

Mbere y’uko Captain Li Dayi yakirwa muri Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda, yari yabanje kujya kwiyereka Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda  Juvenal Marizamunda n’Umugaba mukuru wazo General Mubarakh Muganga.

Hari kandi n’umuyobozi muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda ushinzwe ububanyi n’amahanga Brig Gen Patrick Karuretwa.

Babanje kujya kwakirwa muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda

Icyo gihe uruhande rw’u Rwanda rwabwiye Ambasaderi w’Ubushinwa ko rwishimiye ubufatanye mu bya gisirikare bugiye gutangizwa hagati yarwo n’Ubushinwa.

Bemeranyije ko imikoranire hagati ya Kigali na Pékin mu bya gisirikare ishyirwamo imbaraga, hakabaho gukomeza guhanahana amakuru kandi ngo u Rwanda rwabwiye Ubushinwa ko ruzakomeza kwibwigiraho uko burinda ubusugire bwabwo.

Twabibutsa ko Ubushinwa ari cyo gihugu cya kabiri ku isi gifite ishoramari rikomeye mu gisirikare nyuma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Mu mwaka wa 2023 amakuru avuga ko bwashoye mu gisirikare miliyari $ 224.

Ubushinwa bufite ingabo 2,035,000, bukagira n’inkeragutabara 510,000 .

 

TAGGED:BushinwaIngaboMinisiteriRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwasubije Ubufaransa Bwarushinje Gushyigikira M23
Next Article Minisitiri W’Intebe Wa DRC Yeguye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?