Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuyapani Bukomeje Guteza Imbere Karate Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ubuyapani Bukomeje Guteza Imbere Karate Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2023 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha abakina Karate mu Rwanda, u Buyapani bubinyujije mu ishyirahamwe ryitwa Japan Karate Association, baherutse guha abantu 30 biganjemo abana impamyabumenyi yemeza ko bazamuye ubumenyi muri uyu mukino.

Ku wa Gatanu, taliki 30 Ukuboza 2022, nibwo abatsinze ibizamini byatanzwe n’abatoza bavuye mu Buyapani ku gicumbi cy’umukino wa karate, bashyikirijwe impamyabushobozi zabo.

Bahawe  n’imyambaro y’uyu mukino yitwa ‘Kimono’.

Abari barakoze ibi bizamini ni abantu 36.

Abatsinze biriya bizamini bahise bahabwa umukandara wo ku rwego rwa Dan.

Umwe muri bo witwa Muhire Shingiro David Gift yavuze ko ashimishijwe  n’intambwe yateye.

Yagize ati: “Ndishimye cyane.  Ubu ni bwo bigitangira kuko nifuza kuzaba Sensei ukomeye.”

Sensei Karamaga Barnabe wahawe Dan ya gatanu, ari nawe ufite nyinshi mu bakoze biriya bizamini yasabye abakiri bato gukunda uriya mukino.

Ati: “Ntabwo wagera kuri Dan ya gatanu byoroshye bisaba kubikunda ndetse no gukora imyitozo cyane.”

Avuga ko n’ubwo karate yateye imbere mu Rwanda, igifite imbogamizi y’uko abenshi bayitangira ariko ntibayikomeze.

Umuyobozi wungirije wa JKA Rwanda, Ganziteka Didier Pascal, yavuze ko impamyabushobozi batanze zemewe ku rwego mpuzamahanga.

Ati: “Izi mpamyabushobozi twatanze zemewe ku rwego mpuzamahanga aho wajya hose ku isi urayerekana ugakina, umukandara wawe uba wemewe ntabwo usubizwa inyuma.”

Avuga ko umwaka utaha bazatangira kwitabira amarushanwa mpuzamahanga hanze y’u Rwanda.

Mu bakinnyi 36 bakoze ibizamini, 15 bahawe Dan ya mbere (Shodan), batandatu bahabwa iya kabiri (Nidan), babiri bahawe iya gatatu (Sandan), batandatu bahabwa iya kane (Yodan) n’umukinnyi umwe wahawe Dan ya Gatanu (Godan).

TAGGED:BuyapanifeaturedKarateRwandaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vatican Yasohoye Ifoto Y’Umurambo Wa Papa Benedigito XVI
Next Article Rutsiro: Agace Kari Mu Twa Mbere Twibasirwa N’Inkuba Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?