Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuyobozi Si Amashuri Gusa Ahubwo Ni Na Kamere Y’Umuntu-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubuyobozi Si Amashuri Gusa Ahubwo Ni Na Kamere Y’Umuntu-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yarangizaga umwiherero w’iminsi ibiri w’abagize  Inteko y’Umuryango FPR-Inkotanyi,  Perezida Kagame yavuze ko kuba umuyobozi w’intica ntikize, mbese w’akazuyazi bidakwiye.

Avuga ko umuyobozi u Rwanda rukeneye ari utuma abantu babaho neza, agakora agamije ko ijanisha ry’ibyo akora rizamuka hejuru ya 50% aho kuba munsi ngo usange abantu bamererwa nabi kandi ari we ubashinzwe.

Yababwiye ko ibyo kuba akazuyazi mu gushyira mu bikorwa ibiteza abantu imbere bidakwiye.

Avuga ko umuyobozi ari ukora, agakora ibintu bigira ibibivamo bifatika kandi biganisha ku byiza yifurizaga abo ayobora.

Kuri Perezida Kagame ngo ubuyobozi ni ikintu kiba mu muntu, akakigendana, si ukujya kwiga gusa ngo wize ubuyobozi.

Ndetse ngo hari n’abo igihugu kishyurira ngo bige ubuyobozi, ariko bagaruka ugasanga ibyo bize ntibishyirwa mu bikorwa ngo bitange umusaruro ugaragara.

Ati: “ Ibindi ni ibintu biri aho, kandi myth ntawe bikiza.”

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abandi bayobozi ko ikibazo kiba muri ibi byose ari imico mibi yokamye bamwe bumva ko aho kugira ngo bakore ibiteza imbere abaturage ahubwo babanza gukuraho 10% kandi ibi bigakenesha abaturage.

Ngo abayobozi bemeranya ku kintu runaka ariko ntigikorwe.

Hari n’abatiba amafaranga ariko bakaba indangare, ntibakurikire ngo barebe uko ibintu bihagaze.

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo umuntu yagira byinshi byo gukora ariko ngo hari iby’ingenzi bigomba gukorwa ku mwanya wa mbere.

Inama Perezida Kagame yagiriye abayobozi muri FPR-Inkotanyi bakaba ari nabo bayoboye u Rwanda zije zikurikira izo yabagiriye ubwo yatangizaga iyi nama.

Yabwiye ko bagombye kuzibukira umururumba, bagakorera abaturage.

Ikindi yababwiye kibabaje ni uko abenshi mu biba amafaranga y’abaturage baba basanzwe bitunze, ntacyo babuze.

Ndetse ngo hari abo ahamagara bakaganira akababaza icyo babuze gituma bashora ukuboko mu mutungo ugenewe abaturage basora ari uko biyushye akuya.

Perezida Kagame yavuze ko iyo umuntu agiriwe inama ntiyumve aba agomba kurengera ingaruka.

Ngo uwo yamenye, ntarusimbuka!

TAGGED:featuredFPRInamaInkotanyiKagameRwandaUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Xi Jinping Yatorewe Gukomeza Kuyobora Ishyaka Riyoboye u Bushinwa
Next Article Uwahoze Ari Visi Perezida Wa FDLR Yagejejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?