Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Buhenze Bwatumye Abaturage Basaba Perezida Wabo Kwegura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubuzima Buhenze Bwatumye Abaturage Basaba Perezida Wabo Kwegura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 August 2022 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
FILE PHOTO: A demonstrator throws a gas canister during an anti-government protest, in Freetown, Sierra Leone, August 10, 2022 in this picture obtained from social media. Picture obtained by Reuters/via REUTERS
SHARE

Abaturage bo mu Murwa mukuru wa Sierra Leone witwa Freetown bamaze iminsi bigaragambya basaba Perezida w’igihugu cyabo kwegura kuko Guverinoma ayoboye yananiwe kugabafasha guhangana n’ibibazo bijyanye n’uko ubuzima buhenze.

Mu Murwa mukuru Freetown , abaturage bamaze igihe bahanganye n’abapolisi babasaba kuva mu mihanda kubera ko bateje rwaserera.

Bo bavuga ko bashaka ko Guverinoma yabo ibafasha kubona iby’ibanze mu buzima kugira ngo babashe kubaho neza bo n’abo babyaye.

Perezida w’iki gihugu Julius Mada Bio yabwiye BBC ko ibyo abaturage bari gukora ari iterabwoba ryo ku rwego rwo hejuru.

Ikindi ni uko kugeza ubu hari abapolisi bane bamaze kuhasiga ubuzima n’abandi baturage benshi bahaguye.

Uretse ubuzima buhenze, abaturage bari kwigaragambya bamagana ruswa iri mu nzego za Leta n’uburyo abapolisi bakoresha imbaraga z’umurengera mu guhosha imidugararo.

Abaturage barasaba kandi ko Perezida Julius Mada Bio yegura kuko ngo kuyobora byaramunaniye kuko abaturage be bashonje.

We avuga ko hari abantu babyihishe inyuma kubera inyungu za Politiki, akavuga ko ari bo basunikiye abaturage kujya mu muhanda.

Perezida Julius Mada Bio

Ndetse  ngo hari abanya Sierra Leone baba hanze yayo bari gukora uko bashoboye ngo bakureho Mada Bio.

Ngo bakoresha urubyiruko rudafite akazi.

Mada Bio avuga ko koko hari abaturage b’igihugu cye badafite akazi ariko ngo ibyo ubwabyo ntibyagombye kuba ikibazo kuko Leta yakoze uko ishoboye ngo ihe abaturage uburezi bwatuma bashobora kwihangira imirimo.

TAGGED:featuredMada BioPerezidaSierra Leone
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sheebah Karungi Yaririmbiye Abafana Mu Gitaramo Bruce Melodie Atagaragayemo
Next Article Uwanditse Igitabo Cyarakaje Abisilamu Yatewe Icyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?