Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwoba Ni Bwose Muri Uganda Nyuma Y’Ibitero Byibasiye Sitasiyo Za Lisansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubwoba Ni Bwose Muri Uganda Nyuma Y’Ibitero Byibasiye Sitasiyo Za Lisansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2021 4:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuvugizi wa Polisi ya Uganda Fred Enanga
SHARE

Polisi ya Uganda iryamiye amajanja nyuma y’ibikorwa biheruka kwibasira sitasiyo ebyiri za lisansi, kandi bikagaragara ko byateguwe mu buryo bujya gusa.

Icya mbere cyabaye ku wa Gatatu w’icyumweru gishize kuri Prime Petro Station mu gace ka Gayaza, ubwo ijerikani yarimo lisansi yajugunywaga kuri sitasiyo igahita ikurikizwa igiturika, maze bikabyara umuriro.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda Fred Enanga, kuri uyu wa Mbere yavuze ko uwo muriro babashije kuwuzimya nta we uhitanye, nubwo wari umaze kwangiza igice kinini cya sitasiyo.

Ikindi gikorwa cyabereye kuri Lorris Petrol Station muri Sekanyonyi, ubwo itsinda ry’abantu batatu ryegereye sitasiyo rifite ijerikani ya litiro icumi yarimo lisansi, nyamara bagenda bigize nk’abagiye kuyigura kuri sitasiyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Bahise bayimena aho ibinyabiziga binywera lisansi bashaka gushyiraho umuriro. Abarinzi ba sitasiyo bahise babarasaho bariruka barababura. Iyo jerikani ya litiro icumi yahise ifatwa hamwe n’umufuka ushaje bari bitwaje n’ikibiriti. Nta kintu bangije cyangwa umuntu wahasize ubuzima.”

Enanga yavuze ko itsinda rikora iperereza rikomeje guhuza amakuru kuri ibyo bikorwa bibiri bisa n’ibyari bigamije kwibasira sitasiyo za lisansi.

Yakomeje ati “Kuba uburyo bwakoreshejwe ari bumwe bituma dutekereza ko ari ibyaha byateguwe, bishobora kuba ubuhezanguni bw’imbere mu gihugu bugamije guhungabanya umutekano n’ituze.”

Yasabye ko abantu bose bafite sitasiyo za lisansi bakaza umutekano kubera ko zishobora kwibasirwa.

Inzego z’umutekano kandi zikomeje guhuza ibyo bikorwa byibasiye sitasiyo za lisansi n’ubwicanyi buheruka gukorerwa abagore mu murwa mukuru Kampala, hagakekwa ko byihishwe inyuma n’inyungu za politiki nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

- Advertisement -


Enanga yabwiye itangazamakuru ko ibyo bitero bishobora kuba bifitanye isano n’abagore batatu baheruka kuboneka bapfuye ndetse imirambo yabo yawitswe mu gace ka Nakulabye muri Kampala, mu minsi 10 ishize.

Mu byumweru bibiri bishize nabwo umugabo yafatanywe igisasu mu karere ka Buikwe.

Enanga yagize ati “Ibi ntabwo ari ibikorwa bisanzwe. Bigomba kuba ari ibyaha byateguwe.”

Kugeza ubu muri Uganda hari umwuka ushyushye wa politiki nyuma y’amatora ya perezida aheruka kuba, Museveni akegukana intsinzi mu buryo butishimiwe na Robert Kyagulanyi wiyise Bobi Wine, bari bahanganye.

Bobi Wine n’abamushyigikiye bakomeje imyigaragambyo basaba ko abarwanashyaka babo bafunzwe mu bihe by’amatora bafungurwa.

Perezida Museveni aheruka kubashinja ko ibyo barimo ari iterabwoba.

TAGGED:featuredFred EnangaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Iki Abayobozi Muri Croix Rouge Y’U Rwanda Bakoze Cyabagejeje Mu Butabera?
Next Article Mudathiru Na Bagenzi Be Barimo Abasirikare Bashinjwa Gukorana Na RNC Bagiye Gusomerwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?