Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwonko Bw’Abanyamuzika Bukora Vuba Kurusha Ubw’Abandi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Ubwonko Bw’Abanyamuzika Bukora Vuba Kurusha Ubw’Abandi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2021 1:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri rusange abantu bakuru bose banganya inyamwakura nyabwonko( neurons). Bivugwa ko iyi myakura igera kuri miliyari 100. Umwihariko wayo ku banyamuzika ni uko bo iba ikorana cyane ugereranyije n’uko bimeze ku bantu batazi cyangwa bibagiwe gucuranga icyuma runaka cya muzika.

Umunyamuziki umaze imyaka igera kuri itanu akoresha icyuma runaka cy’umuziki, aba afite ubwonko bufite imikorere yihariye kuko imyakura yabwo iba yaramenyereye ibintu bituma ikora cyane ntihuge.

Iyi niyo mpamvu uzatangazwa no kubona ukuntu umuntu uzi gitari cyangwa piyano neza, aba ashobora kuyikina atareba aho intoki ze zikora.

Kubera ko ubwonko bw’umuntu ari yo mudasobwa itegeka ibindi bice hafi ya byose by’umubiri, bukabitegeka gukora ikintu runaka, iyo icyo gice cy’umubiri(urugero ni intoki) gikoze ikintu runaka igihe kirekire bigera aho bigasa n’ibyikora.

N’ubwo umuntu atabihuza neza ariko byenda gusa n’uko biba bimeze ku muntu wamenyereye kwandika kuri mudasobwa.

Igihe kiragera akajya yandika anahumirije kandi akandika neza.

Ikinyamakuru cyandika ku bumenyi kitwa JNeurosci kivuga ko ubwonko bwa Micheal Jackson bwari bwaramenyereye umuziki k’uburyo byari bigoye ko abusanya n’abacuranzi be.

Undi muhanga mu muziki wabayeho mu mateka kandi wubahwa cyane ni Mozart. Abahanga bize uko ubwonko bwe bwari buteye basanga imikoranire y’imyakura nyabwonko ye hamwe n’intoki ze, umunwa we, amaso n’ibindi bice by’umubiri bigira uruhare mu gukora umuziki, yari yihariye cyane.

Igituma abantu bakora umuziki bagira ubwonko bwihariye ni uko buba bufite ubushobozi bwo kumenya(mbere y’igihe) ko ijwi riri bube rito, rinini, riri butinde cyangwa riri burangire vuba, bityo bakamenya kutaza kubusanya.

Iyi miterere y’amajwi muri muzika niyo bita ‘pitch.’

Kumenya kugendana n’umurishyo nta kubusanya bisaba ko ubwonko buba bwarabitojwe igihe kirekire

Ibi bisobanurwa n’ingingo y’uko bigoye cyane umuntu ukuze cyane kwiga igikoresho cya muzika.

Uko umuntu amenyereza ubwonko bwe umuziki akiri muto niko akura azi neza icyuma cya muzika runaka kandi bigafasha ubwonko bwe gukora neza hakiri kare.

Si umuziki gusa uvugwaho gutuma umuntu agira ubwonko bukora neza ahubwo no kwiga indimi z’amahanga hakiri kare, kwimenyereza gukoresha amaboko yombi urugero nko kongesha amenyo akaboko katamenyereye gukoreshwa, kurisha akaboko katamenyereye gukoreshwa, gukunda gusoma n’ibindi, biri mu bituma umuntu agira ubwonko butyaye.

Mwibuke ko ubwonko ari inyama nk’izindi, bityo rero kubukoresha ni ingenzi.

TAGGED:featuredImyakuraJacksonMichaelMozartMuzikaUbwonko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwari Uhagarariye Papa Mu Rwanda Yasubiye I Vatican
Next Article Imikino Olimpiki Yatangiye, Stade Isa N’Irimo Ubusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?