Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Iri Mu Biganiro Byo Kohereza Ingabo Muri Congo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Iri Mu Biganiro Byo Kohereza Ingabo Muri Congo

admin
Last updated: 09 September 2021 1:31 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yavuze ko Uganda iri mu biganiro na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bigamije koherezayo ingabo mu bikorwa byo guhashya umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF).

Ni umutwe ufatwa nk’ugendera ku mahame akaze yitirirwa idini ya Islam, ushinjwa ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi. Abawutangije bafite inkomoko muri Uganda ndetse wagiye ugaba ibitero bitandukanye kuri icyo gihugu.

Ubwo Museveni yari abajijwe ku miterere y’ibibazo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu kiganiro na France 24, yavuze ko bifitanye isano n’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ati “Biriya byihebe byagaragaye muri Mozambique byahoze hano mu burasirazuba bwa Congo mu myaka 20 ishize, byakorerahaga hano mu burasirazuba bwa Congo. Bityo ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo gikwiye gukemurirwa rimwe n’ikibazo cyo mu majyaruguru ya Mozambique, kandi twatanga umusanzu wacu igihe icyo aricyo cyose.”

Yabajijwe niba Uganda yiteguye kohereza ingabo muri Mozambique, icyemezo cyafashwe n’u Rwanda ndetse ingabo zarwo zikomeje kubohora ibice byinshi muri Cabo Delgado.

Museveni ati “Twifuza guhera muri Congo, kubera ko ntabwo waba ukemuye ikibazo cyo muri Mozambique udakemuye ikibazo cyo muri Congo.”

Yahise avuga ko ahubwo bifuza kohereza ingabo muri RDC, zo guhangana na ADF.

Yakomeje ati “Tumaze igihe twiteguye, Guverinoma ya Congo iramutse yemeye ko twafasha muri icyo ibazo. Turimo kuganira nabo, icyemezo kizatangazwa na Guverinoma ya Congo, ariko turimo kuganira nabo.”

Hari amakuru ko mu biganirwaho harimo imiyoborere n’imikoranire y’ingabo zizaba zihuriweho, mu bufatanye bugamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC.

 

TAGGED:ADFfeaturedUPDFYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Telefoni 7600 Zimaze Guhabwa Abaturage Muri Gahunda Ya Connect Rwanda
Next Article Babashutse Ko Bafite Amahembe Y’Inzovu, Nabo Bazana Amadolari Y’Amiganano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?