Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Iri Mu Biganiro Byo Kohereza Ingabo Muri Congo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Iri Mu Biganiro Byo Kohereza Ingabo Muri Congo

admin
Last updated: 09 September 2021 1:31 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yavuze ko Uganda iri mu biganiro na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bigamije koherezayo ingabo mu bikorwa byo guhashya umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF).

Ni umutwe ufatwa nk’ugendera ku mahame akaze yitirirwa idini ya Islam, ushinjwa ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi. Abawutangije bafite inkomoko muri Uganda ndetse wagiye ugaba ibitero bitandukanye kuri icyo gihugu.

Ubwo Museveni yari abajijwe ku miterere y’ibibazo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu kiganiro na France 24, yavuze ko bifitanye isano n’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ati “Biriya byihebe byagaragaye muri Mozambique byahoze hano mu burasirazuba bwa Congo mu myaka 20 ishize, byakorerahaga hano mu burasirazuba bwa Congo. Bityo ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo gikwiye gukemurirwa rimwe n’ikibazo cyo mu majyaruguru ya Mozambique, kandi twatanga umusanzu wacu igihe icyo aricyo cyose.”

Yabajijwe niba Uganda yiteguye kohereza ingabo muri Mozambique, icyemezo cyafashwe n’u Rwanda ndetse ingabo zarwo zikomeje kubohora ibice byinshi muri Cabo Delgado.

Museveni ati “Twifuza guhera muri Congo, kubera ko ntabwo waba ukemuye ikibazo cyo muri Mozambique udakemuye ikibazo cyo muri Congo.”

Yahise avuga ko ahubwo bifuza kohereza ingabo muri RDC, zo guhangana na ADF.

Yakomeje ati “Tumaze igihe twiteguye, Guverinoma ya Congo iramutse yemeye ko twafasha muri icyo ibazo. Turimo kuganira nabo, icyemezo kizatangazwa na Guverinoma ya Congo, ariko turimo kuganira nabo.”

Hari amakuru ko mu biganirwaho harimo imiyoborere n’imikoranire y’ingabo zizaba zihuriweho, mu bufatanye bugamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC.

 

TAGGED:ADFfeaturedUPDFYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Telefoni 7600 Zimaze Guhabwa Abaturage Muri Gahunda Ya Connect Rwanda
Next Article Babashutse Ko Bafite Amahembe Y’Inzovu, Nabo Bazana Amadolari Y’Amiganano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?