Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yafunze Amashuri Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Uganda Yafunze Amashuri Kubera COVID-19

admin
Last updated: 07 June 2021 9:39 am
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Museni yatangaje ko amashuri yose na za kaminuza bigomba gufungwa mu gihe cy’iminsi 42 guhera kuri uyu 7 Kamena, kubera itumbagira ry’imibare y’abanduye COVID-19.

Mu mabwiriza yatangaje kuri iki Cyumweru, harimo ko n’ingendo rusange zaba iza bisi na moto bihuza uturere bigomba gufungwa iminsi 42 guhera ku wa 10 Kamena, kugira ngo abana bari ku mashuri babanze bagere iwabo.

Museveni yavuze ko imiterere y’ubwandu mu gihugu yahindutse, ku buryo nko ku wa 4 Kamena hatangajwe umubare munini w’abanduye COVID-19 kurusha ikindi gihe mu munsi umwe – 1259.

Igiteye inkeke kuri uwo mubare ni uko hari hafashwe ibipimo 7424, bivuze ko ujanisha ku bandura ryari 17%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nko muri Kampala ku munsi hari kuboneka abanduye basaga 500, mu turere twa Wakiso na Gulu ku munsi haboneka hejuru ya 100.

Museveni yavuze ko iyi mibare yazamutse cyane kubera ko abantu badohotse ku ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, n’icyiciro gishya cy’ubwandu kirimo kugaragara mu mashuri guhera muri Werurwe 2021.

Ati “Abantu 948 ni bo byatangajwe ko banduye mu mashuri 43 yo mu turere 22. Uturere twa Kampala, Gulu, Masaka na Oyam twihariye 61% by’ubwandu bwabonetse mu mashuri na za kaminuza. Duhamya ko imibare igomba kuba irenze iriya, kubera ko amashuri menshi adatangaza imibare y’abanduye.”

Ibyo byose ngo biterwa n’uko amashuri atubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19, kuba adafite ibikoresho by’isuku bihagije, ubucucike mu mashuri no kuba amwe adakurikirana ibimenyetso bigaragazwa n’abana igihe bamaze kwandura.

Ubwandu kandi bwazamuwe na coronavirus yihinduranyije, imaze gusangwa mu bantu 126 binjiye mu gihugu.

- Advertisement -

Nyuma yo gufunga amashuri, Museveni yatangaje ko abarimu bazongera kwemererwa gusubira ku mashuri ari uko bamaze gukingirwa COVID-19.

Ibindi bikorwa byafunzwe

Amasengesho rusange mu misigiti n’insengero haba mu nyubako cyangwa hanze, nabyo byahagaritswe iminsi 42, abantu bashishikarizwa gusenga bakoresheje ikoranabuhanga.

Inama zose zaba n’iza leta zahagaritswe, uretse inama y’abaminisitiri, inteko ishinga amategeko n’ubucamanza.

Gusa nk’imihango y’ubukwe yo izakomeza, ikitabirwa n’abantu batarenga 20. Ni nawo mubare uteganywa ku bitabira ikiliyo no gushyingura, kandi bose bagomba kuba bambaye udupfukamunwa ndetse bagahana intera.

Amasoko manini arema buri cyumweru atari ay’ibiribwa nayo yafunzwe iminsi 42. Ibikorwa bisanzwe by’ubucuruzi bigomba gufungwa saa moya z’ijoro.

Kugeza ubu Uganda imaze gusangana COVID-19 abantu 52,929, imaze kwica 374.

Harabarurwa abantu 9442 bagifite Coronavirus, barimo 634 barwaye. Bo bagizwe na 277 bakomerewe na 37 barembye cyane.

Ni mu gihe Uganda ifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 3793 ba COVID-19 mu bitaro bitandukanye, bugizwe n’ibitanda 3100 bisanzwe, 475 byakira abarembye buhoro (High Dependency Unit) na 218 byakira abageze ku rwego rwo kongererwa umwuka.

Museveni yakomeje ati “Ibyo bivuze ko 8% gusa by’abasanwemo ubwandu mu minsi 14 ishize nibo barimo kwitabwaho. Dufite impungenge ko bishobora kurenga ubushobozi bw’ibitanda dufite n’umwuka abarwayi bakenera mu bitaro, igihe twaba tudashyizeho byihutirwa amabwiriza agomba gukurikizwa mu rwego rw’ubuzima.”

Leta iteganya kongera ibitanda byakira abarwayi ba COVID-19 bikagera ku 4500. Harimo no kongera gukoresha stade Namboole mu kwakira abarwayi batarembye.

Museveni yavuze ko kuri iyi nshuro ibyago by’uburyo abantu barimo kuremba no gupfa biri hejuru cyane kurusha ubwo icyorezo cyazamukaga ku nshuro ya mbere.

Ku izamuka riheruka ry’ubwandu ngo bwafashe amezi hagati y’atatu n’ane ngo bugere ku mibare buriho ubu, mu gihe ku izamuka rya kabiri byafashe munsi y’ibyumweru bibiri gusa.

Abantu barimo kwandura cyane ni abafite hagati y’imyaka 20-39, ndetse ubwandu burimo kuzamuka cyane mu bafite imyaka hagati ya 10-19.

Abamaze gukingirwa muri Uganda ni abantu 748,676. Barimo 712.681 babonye urukingo rwa mbere na 35.995 babonye ebyiri za AstraZeneca.

Leta yiyemeje gukingira abantu miliyoni 21.9, ihereye ku bantu miliyoni 4.8 bafite ibyago byinshi byo kwandura no kuzahazwa n’indwara, nk’abakora mu nzego z’ubuzima n’abafite ubundi burwayi bukomeye.

TAGGED:COVID-19featuredUgandaYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Impungenge Ko Netanyahu Nava Ku Butegetsi ‘Hazameneka Amaraso’
Next Article Amafoto: Umuganda W’Ingabo Z’ U Rwanda Mu Bitaro Byo Muri Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?