Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ugirashebuja Yagejeje Mu Nteko Umushinga W’Itegeko Rigenga Inshingano N’Ibisa Nazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ugirashebuja Yagejeje Mu Nteko Umushinga W’Itegeko Rigenga Inshingano N’Ibisa Nazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2025 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite iherutse kwemeza umushinga w’itegeko ryerekeye inshingano, ibisa nazo, amakosa n’ibisa nayo.

Ni umushinga  wateguwe hagamijwe gushyiraho amategeko agenga inshingano zikomoka ku masezerano, izikomoka ku bisa n’amasezerano, inshingano zikomoka ku makosa no ku bisa n’ayo.

Uko niko Minisitiri w’ubutabera akaba Intumwa nkuru ya Leta Dr. Emmanuel Ugirashebuja abisobanura.

Avuga ko isano rivugwa muri iri tegeko ari irihuza abantu nibura babiri, aho umwe aba agomba kugira icyo akorera cyangwa adakorera mugenzi we bahujwe n’inshingano runaka.

Ni inshingano zigomba kuba zishingiye ku masezerano cyangwa ku bisa nayo, cyangwa zidakomoka kuri yo ndetse no ku bindi bintu bigira uruhare runini mu mibanire hagati y’abantu.

Mu gika gisobanura intego yawo, handitsemo ko uwo mushinga wateguwe hagamijwe guhuriza hamwe amategeko afitanye isano cyane cyane ko mu Rwanda hari hasanzwe  itegeko ryo ku wa 25/11/2011 rigenga amasezerano.

Icyakora, nk’uko Ugirashebuja abivuga, iryo tegeko ntacyo ryateganyaga ku bireba amasezerano ‘yihariye’ cyangwa inshingano zidakomoka ku masezerano zavuzwe haruguru.

Iyo ni imwe mu mpamvu zatumye hategurwa uwo mushinga w’itegeko, hiyongeraho no guhuriza hamwe amategeko afite aho ahuriye mu ngingo runaka.

Minisitiri Ugirashebuja avuga  ko hari zimwe mu ngingo ziri mu cyahoze ari urwunge rw’amategeko mbonezamubano zagaruwe muri iriya mushinga.

Zagaruwe kubera ko hari icyo zimaze ku mibanire y’Abanyarwanda muri iki gihe bagezemo.

Ati: “ Izi ngingo z’itegeko rero nazo zashyizwe muri uyu mushinga w’itegeko uko zakabaye kuko zari zigihuje n’igihe”.

Ubwo kandi niko hari izindi ngingo zanogejwe mu myandikire, izindi ziranonosorwa ngo zihuze n’igihe u Rwanda rugezemo.

Kubera ko u Rwanda atari akarwa, Ugirashebuja avuga ko hari amategeko y’ibindi bihugu yarebweho kugira ngo hagire icyo yigirwaho mu gukora ririya tegeko.

Izi ngingo ni amahame rusange agenga inshingano, inshingano zikomoka ku masezerano, ibisa n’amasezerano, ku makosa no kubisa n’amakosa, izirebana n’ubutumwa(mandate), izireba igurisha n’igurana, izireba ubukode bw’ibintu, izireba gutiza no kuguriza, izireba ububitsi n’uburinzi bw’iby’abandi biri mu mpaka, ubwishingire, imirimo cyangwa gutanga serivisi, kwikiranura n’ibindi.

Minisitiri Ugirashebuja yabwiye Inteko ishinga amategeko ko hari ibindi bitekerezo bishya byashyizwe muri uyu mushinga w’Itegeko hagamijwe kugenga imigendekere n’imigenzereze hagati y’abantu ikomokaho inshingano cyangwa akazi, amasezerano yihariye byari bisanzwe bikorwa ariko bidafite ingingo z’amategeko zibigenga.

Ibyo bitekerezo bifite aho bihuriye no kurangira abantu cyangwa kubahagararira mu by’ubucuruzi, amasezerano y’ubwishyu buhoraho, ay’ubwikorezi ndetse n’amasezerano yo gukorera ubucuruzi ku izina ry’undi.

Ugirashebuja ariko avuga ko uyu mushinga w’Itegeko ari munini kuko ugizwe n’ingingo 756 zigabanyijwe mu bice bitatu.

Igice cya mbere kireba ingingo rusange n’amahame rusange agenga inshingano kikaba kigizwe n’ingingo 152 umuntu yahina mu nteruro ebyiri.

Igice cya kabiri cyerekeye amasezerano n’ibisa nayo kigizwe n’ingingo 571, zigabanyijwe mu byo Minisitiri Ugirashebuja yise ‘interuro eshatu’.

Avuga ko igice cya gatatu gikubiyemo ibyerekeye  ikosa, igisa n’ikosa n’ingingo zisoza, cyo kikaba kigizwe n’ingingo 33 zigabanyijwe nazo mu nteruro zirindwi.

Depite Kanyange yavuze ko iri tegeko ari rirerire ku buryo rizagora abo rigenewe kurisobanukirwa, akanibaza impamvu mu kurikora barebeye cyane cyane ku mategeko yakorewe mu bihugu bikoresha Igifaransa.

Abadepite bemeye ishingiro ry’uyu mushinga w’itegeko

Mu gusubiza, Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, yavuze ko n’ubwo ririya tegeko ari rigari, muri rusange rigizwe ahanini n’ibintu bita amahame remezo asanzwe akoreshwa n’abacamanza mu kazi kabo ka buri munsi.

Avuga ko n’ubwo abacamanza bo mu Rwanda bari basanzwe bakoresha ayo mahame, barebye basanga ibyiza ari uguhuza n’uko ibintu byifashe mu Rwanda rw’ubu.

Ati: “ Ni amahame asanzwe akoreshwa, ariko twayashyize mu itegeko kugira ngo biba bifite uniformity[injyana imwe]. Twagiraga ikibazo gikomeye mu kuyakoresha. Icyakora yakoreshwaga ariko hari aho wasangaga hari ikibazo cy’ubuzime”.

Avuga ko byanditswe muri iri tegeko rishya kugira ngo ibintu bibe bisobanutse neza, akavuga ko bibanze ku miterere y’iri tegeko muri Canada.

Nyuma yo gutanga ibisobanuro birambuye kuri uwo mushinga, Abadepite batoreye kwemeza cyangwa kutemeza ishingiro ryawo.

Mu Badepite 77 bari bagize Inteko rusange, 76 batoye bemera ishingiro ryawo, ntihagira uwanga cyangwa ngo yifate, haboneka impfabusa imwe.

 

TAGGED:featuredInshinganoItegekoMinisitiriUbutaberaUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwangombwa Yavanywe Mu Buyobozi Bwa BNR
Next Article Mu Gahinda N’Umujinya Israel Yashyinguye Abaturage Bashimuswe Na Hamas
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?