Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2023 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi ba RIB babwiye abatuye Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu amayeri abacuruza abantu bakoresha. Ngo babanza kumenya uko runaka abayeho bityo bakabona aho bahera bamushukashuka.

Ikindi ngo ni uko abantu bacuruza abandi akenshi atari bo baza kubishakira ahubwo batuma undi muntu wakwizerwa, akaza kureba niba mu isibo haboneka umuntu umwe cyangwa babiri wakwemera ikintu runaka.

Akenshi abibasirwa ni abakobwa baba bafite hagati y’imyaka 15 na 19, ariko ngo n’abahungu bake bijya bibabaho.

Abibasirwa cyane n’abo banyabyaha ni abakene n’imfubyi.

Umugenzacyaha mu ishami rishinzwe kugenza ibyaha by’icuruzwa ry’abantu witwa Marianne Mukansonera yabwiye abaturage ko abakora buriya bucuruzi baba barimo abakorera imbere mu gihugu n’abandi babukorera hanze yacyo.

Ati: “ Umuntu aragushuka akakuvana Busasamana akakwizeza ko aho akujyanye ubuzima buzahinduka wagera yo ntibibe.”

Avuga ko kimwe mu byerekana ko runaka ashaka gucuruza undi, amubwira ko azamuhuza n’undi muntu kandi ko hari ibibazo uwo muntu azakeneraho ibisubizo, bityo ko ari ngombwa ko azabimuha nta mananiza.

Mukansonera asaba abantu bose kujya bagirira amakenga umuntu ubabwiye atyo!

Ushaka kugurisha undi ngo abanza no kumubaza niba hari amakuru afite ku gihugu runaka, akamubaza niba yaba afite cyangwa yarigeze gutunga passport.

Ibihugu by’Afurika bikunze gucishwamo abantu bagiye kugurishwa ni Uganda.

Mu myaka yashize hari Abanyarwandakazi benshi bagarujwe baragiye gucuruzwa hanze baranyujijwe muri Uganda.

Muri Aziya bakunze kugurishwa muri Kuweit, Oman, Leta zunze ubumwe z’Abarabu n’ahandi.

Ubugenzacyaha busaba abantu kujya bagira amakenga ntibashamadukire ababizeza ibitangaza bazakura imahanga ahubwo bakaguma mu Rwanda bakora.

Abiyemeje kujya mu muhanga kandi ngo bagomba kuba bazi neza ikibajyanye, bitari ukujyayo kuko uzatungwa na runaka cyangwa ngo azagushakire akazi ushobora no kubona mu Rwanda.

RIB iri mu bukangurambaga bukorerwa ku Turere dukora ku mipaka bugamije kubwira abantu amayeri abacuruza abantu bakoresha, uko wabatahura n’uko wabimenyesha inzego icyo cyaha kikaburizwamo.

Abaturage bari kubwirwa amayeri y’abacuruza abantu

 

TAGGED:AbantuAziyaBusasamanaGucuruzaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Nshingwabikorwa W’Akarere Ka Nyamagabe YEGUYE
Next Article UR Irishyuza Abanyeshuri Bahawe Mudasobwa Bakazirya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?