Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2023 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi ba RIB babwiye abatuye Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu amayeri abacuruza abantu bakoresha. Ngo babanza kumenya uko runaka abayeho bityo bakabona aho bahera bamushukashuka.

Ikindi ngo ni uko abantu bacuruza abandi akenshi atari bo baza kubishakira ahubwo batuma undi muntu wakwizerwa, akaza kureba niba mu isibo haboneka umuntu umwe cyangwa babiri wakwemera ikintu runaka.

Akenshi abibasirwa ni abakobwa baba bafite hagati y’imyaka 15 na 19, ariko ngo n’abahungu bake bijya bibabaho.

Abibasirwa cyane n’abo banyabyaha ni abakene n’imfubyi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umugenzacyaha mu ishami rishinzwe kugenza ibyaha by’icuruzwa ry’abantu witwa Marianne Mukansonera yabwiye abaturage ko abakora buriya bucuruzi baba barimo abakorera imbere mu gihugu n’abandi babukorera hanze yacyo.

Ati: “ Umuntu aragushuka akakuvana Busasamana akakwizeza ko aho akujyanye ubuzima buzahinduka wagera yo ntibibe.”

Avuga ko kimwe mu byerekana ko runaka ashaka gucuruza undi, amubwira ko azamuhuza n’undi muntu kandi ko hari ibibazo uwo muntu azakeneraho ibisubizo, bityo ko ari ngombwa ko azabimuha nta mananiza.

Mukansonera asaba abantu bose kujya bagirira amakenga umuntu ubabwiye atyo!

Ushaka kugurisha undi ngo abanza no kumubaza niba hari amakuru afite ku gihugu runaka, akamubaza niba yaba afite cyangwa yarigeze gutunga passport.

- Advertisement -

Ibihugu by’Afurika bikunze gucishwamo abantu bagiye kugurishwa ni Uganda.

Mu myaka yashize hari Abanyarwandakazi benshi bagarujwe baragiye gucuruzwa hanze baranyujijwe muri Uganda.

Muri Aziya bakunze kugurishwa muri Kuweit, Oman, Leta zunze ubumwe z’Abarabu n’ahandi.

Ubugenzacyaha busaba abantu kujya bagira amakenga ntibashamadukire ababizeza ibitangaza bazakura imahanga ahubwo bakaguma mu Rwanda bakora.

Abiyemeje kujya mu muhanga kandi ngo bagomba kuba bazi neza ikibajyanye, bitari ukujyayo kuko uzatungwa na runaka cyangwa ngo azagushakire akazi ushobora no kubona mu Rwanda.

RIB iri mu bukangurambaga bukorerwa ku Turere dukora ku mipaka bugamije kubwira abantu amayeri abacuruza abantu bakoresha, uko wabatahura n’uko wabimenyesha inzego icyo cyaha kikaburizwamo.

Abaturage bari kubwirwa amayeri y’abacuruza abantu

 

TAGGED:AbantuAziyaBusasamanaGucuruzaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Nshingwabikorwa W’Akarere Ka Nyamagabe YEGUYE
Next Article UR Irishyuza Abanyeshuri Bahawe Mudasobwa Bakazirya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?