Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2023 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi ba RIB babwiye abatuye Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu amayeri abacuruza abantu bakoresha. Ngo babanza kumenya uko runaka abayeho bityo bakabona aho bahera bamushukashuka.

Ikindi ngo ni uko abantu bacuruza abandi akenshi atari bo baza kubishakira ahubwo batuma undi muntu wakwizerwa, akaza kureba niba mu isibo haboneka umuntu umwe cyangwa babiri wakwemera ikintu runaka.

Akenshi abibasirwa ni abakobwa baba bafite hagati y’imyaka 15 na 19, ariko ngo n’abahungu bake bijya bibabaho.

Abibasirwa cyane n’abo banyabyaha ni abakene n’imfubyi.

Umugenzacyaha mu ishami rishinzwe kugenza ibyaha by’icuruzwa ry’abantu witwa Marianne Mukansonera yabwiye abaturage ko abakora buriya bucuruzi baba barimo abakorera imbere mu gihugu n’abandi babukorera hanze yacyo.

Ati: “ Umuntu aragushuka akakuvana Busasamana akakwizeza ko aho akujyanye ubuzima buzahinduka wagera yo ntibibe.”

Avuga ko kimwe mu byerekana ko runaka ashaka gucuruza undi, amubwira ko azamuhuza n’undi muntu kandi ko hari ibibazo uwo muntu azakeneraho ibisubizo, bityo ko ari ngombwa ko azabimuha nta mananiza.

Mukansonera asaba abantu bose kujya bagirira amakenga umuntu ubabwiye atyo!

Ushaka kugurisha undi ngo abanza no kumubaza niba hari amakuru afite ku gihugu runaka, akamubaza niba yaba afite cyangwa yarigeze gutunga passport.

Ibihugu by’Afurika bikunze gucishwamo abantu bagiye kugurishwa ni Uganda.

Mu myaka yashize hari Abanyarwandakazi benshi bagarujwe baragiye gucuruzwa hanze baranyujijwe muri Uganda.

Muri Aziya bakunze kugurishwa muri Kuweit, Oman, Leta zunze ubumwe z’Abarabu n’ahandi.

Ubugenzacyaha busaba abantu kujya bagira amakenga ntibashamadukire ababizeza ibitangaza bazakura imahanga ahubwo bakaguma mu Rwanda bakora.

Abiyemeje kujya mu muhanga kandi ngo bagomba kuba bazi neza ikibajyanye, bitari ukujyayo kuko uzatungwa na runaka cyangwa ngo azagushakire akazi ushobora no kubona mu Rwanda.

RIB iri mu bukangurambaga bukorerwa ku Turere dukora ku mipaka bugamije kubwira abantu amayeri abacuruza abantu bakoresha, uko wabatahura n’uko wabimenyesha inzego icyo cyaha kikaburizwamo.

Abaturage bari kubwirwa amayeri y’abacuruza abantu

 

TAGGED:AbantuAziyaBusasamanaGucuruzaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Nshingwabikorwa W’Akarere Ka Nyamagabe YEGUYE
Next Article UR Irishyuza Abanyeshuri Bahawe Mudasobwa Bakazirya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?