Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Mushikiwabo Abona Ikibazo Cya Ukraine N’u Burusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Mushikiwabo Abona Ikibazo Cya Ukraine N’u Burusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2022 7:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Louise Mushikiwabo wigeze kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda igihe kirekire, avuga ko ibiri kubera muri Ukraine bidakwiye. Avuga ko nk’umuntu ukomoka mu gihugu cyahuye na Jenoside yakorewe Abatutsi, yumva neza akababaro k’abaturage bari gushushubikanywa n’ibitero by’ingabo z’Abarusiya, bityo nawe agasaba ko inzira y’ibiganiro yatangizwa, intambara igahagarara.

Mushikiwabo yagize ati: “ Nk’umuntu ukomoka mu gihugu kigeze kugira impunzi nyinshi ku isi kurusha ibindi mu myaka ya 1960, igihugu cyabayemo Jenoside kigatereranwa n’amahanga, ngomba kumva akababara k’abaturage ba Ukraine bakuwe mu byabo n’intambara huti huti, bagata ingo zabo bamwe bakahasiga ubuzima .”

Mushikiwabo ariko avuga ko igitekerezo cy’uko ibintu byagenda muri Ukraine ari icye ku giti cye, ko atabivuga nk’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kuko nabyo bitavuga rumwe kuri kiriya kibazo.

Hari inama igize abahagarariye biriya bihugu iherutse guterana, habaho itora ryerekeye umurongo uriya muryango wafata ku kibazo cya Ukraine ariko mu bihugu 88 biwugize bimwe byarifashe!

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi byatumye nta mwanzuro uhuriweho na biriya bihugu ufatwa kuko ubusanzwe umwanzuro uwo ari we wose wabyo uba ugomba kuba wumvikanyweho mu buryo busesuye.

Mu Gifaransa babyita le principe du consensus.

Ibihugu bigera kuri 20 nibyo byifashe byanga kugira icyo bitangaza ku murongo Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa byafata.

Si ubwa mbere kandi ibihugu bigize uyu muryango bidahuriza ku mwanzuro wafatwa ku kibazo gikomereye kimwe mu bihugu biwugize.

Mu mwaka wa 2018 nabwo ibi bihugu ntibyumvikanye ku mwanzuro wagombaga gufatwa ku kibazo cya Armenia na Azerbaijan.

- Advertisement -

Ni ikibazo cyari gikomeye mu mwaka wa 2018 ariko n’ubu kigifite ingaruka.

 

Mushikiwabo ashaka ko Umuryango ayoboye ugira icyo wemeranya kuri iki kibazo…

Mu nyandiko yagejeje kuri Jeune Afrique, Louise Mushikiwabo yavuze ko bidakwiye ko ibihugu ayoboye binanirwa kugira icyo byemeranya ku kibazo nka kiriya kuko kutacyameranyaho ari inenge.

Avuga ko bikwiye kuvuga rumwe ku kibazo nka kiriya kireba isi yose n’Umuryango ayoboye by’umwihariko kuko ngo mu gihe kizaza hatazubura kuboneka ibindi ku isi bizasaba ko uriya muryango nabwo ugira icyo ubivugaho.

Ati: “ Ndemeza ko ari ngombwa ko ibihugu byose bigira icyo byemeranya ku kibazo nka kiriya kuko nemera ko ubwumvikane ku mwanzuro ku kibazo runaka ari ngombwa.”

Mu kurangiza inyandiko ye, Mushikiwabo yanditse ko yifatanyije n’abaturage ba Ukraine bafite agahinda n’ibibazo batewe n’intambara ndetse akomeza abaturage bo mu bihugu by’amahanga bahejejwe muri Ukraine kubera intambara yaje igatuma kuhava biba ingorabahizi.

TAGGED:BurusiyafeaturedIntambaraJenosideMushikiwaboUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntimugasindire Mu Ruhame: Inama Ya CP Kabera
Next Article Ntabwo Tugarura Amahoro Mu Mahanga Tugamije Indonke- Umuvugizi wa RDF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?