Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Umutekano Urinzwe Nibyo Abanyarwanda Bishimira Kurusha Izindi Serivisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Umutekano Urinzwe Nibyo Abanyarwanda Bishimira Kurusha Izindi Serivisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2023 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushakashatsi buherutse gutanganzwa n’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Rwanda Governance Board, buvuga uko Abanyarwanda bahabwa n’uko bakira serivisi, buvuga ko icyo bishimira kurusha ibindi kugeza ubu ari umutekano.

Inzego z’umutekano ziza ku mwanya wa mbere kuko zifite amanita angana na 93.63%.

Ubwo bushakashatsi babwita RGB, buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS).

Bwatangajwe kuri uyu wa Kabiri taliki 31, Ukwakira, 2023.

Ababukora bareba imibereho y’Abanyarwanda mu nzego zitandukanye no mu byiciro bitandukanye.

Ni ubushakashatsi bugamije kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu byiciro umunani bitandukanye.

Indi ngingo igaragara muri ubu bushakashatsi ni ukurwanya ruswa no gukorera mu mucyo bifite ijanisha rya 88.97%, amategeko akubahirizwa kuri 88.89% n’aho uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage byo bikagira 88.01%.

Imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza ifite 84.04%, imitangire ya serivisi n’imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi ikagira amanota 79.98%, imitangire ya serivisi bifite 78.28% no kuzamura imibereho myiza y’abaturage bifite 75.51%.

Mu bijyanye n’ubwisanzure bw’Abanyarwanda mu gutanga ibitekerezo, abaturage babiha  86% mu gihe ubwisanzure bw’itangazamakuru buri kuri 75.43% naho uburyo abanyamakuru bishimira uko bagera ku makuru biri kuri 46%.

Kuba abanyamakuru bagera  ku makuru ku kigero cya 46% hari abavuga ko ari igipimo gito.

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Usta Kaitesi yavuze ko hakenewe ingamba zifatika kugira ngo imitangire ya serivisi n’imiyoborere mu nzego zose inozwe.

Ati : “Twahisemko kugira imiyoborere yubahiriza amategeko, irengera abaturage bose nta vangura. Imiyoborere myiza ikwiriye kumvikana nk’igamije guteza imbere imibereho myiza n’ubukungu bw’abaturage.”

Dr. Usta Kaitesi

Dr. Kaitesi avuga ko iyo miyoborere ikwiriye kujyana no kubazwa inshingano buri wese yahawe.

Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith yavuze ko ubu bushakashatsi ari ingenzi cyane kuko bugaragaramo amakuru y’ingenzi ataboneka mu bushakashatsi mpuzamahanga.

Avuga ko ibibuvamo biba igikoresho cy’ingenzi gishimangira imiyoborere ishingiye ku kubazwa inshingano buri wese yahawe.

Ni ishusho kandi y’aho ibintu bigana bityo abafata ibyemezo bakabifata bafite amakuru y’uko abaturage babona ibintu muri rusange.

TAGGED:featuredImiyoborereKayitesiRwandaUbushakashatsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka
Next Article Umuyobozi Muri MINECOFIN Uvugwaho Kwitwara Nabi Yirukanywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?