Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano W’u Rwanda Na UN Ni Umubabaro UVANZE N’Ibyishimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umubano W’u Rwanda Na UN Ni Umubabaro UVANZE N’Ibyishimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 October 2022 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yavugiye mu muhango wo kwizihiza imyaka 60 u Rwanda rumaze mu Muryango w’Abibumbye, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta avuga ko umubano w’impande zombi waranzwe n’ibibazo ariko n’ibisubizo ubu bishimishije buri ruhande.

Mu mwaka wa 1994 abari bahagaririya UN mu Rwanda birengagije gutabara Abatutsi bicwaga na Leta yakoresheje abitwaga Interahamwe ngo babatsembe.

Icyo gihe uyu muryango wayoborwaga na Boutros Boutros Ghali wawutegetse guhera mu mwaka wa 1992 kugeza mu mwaka wa 1996.

Ni ikibazo cyari gikomeye kubera ko kudahagarika buriya bwicanyi byatumye hari inzirakarengane zirenga miliyoni y’Abatutsi zihasiga ubuzima.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Boutros Boutros Ghali

Ubuyobozi bwayihagaritse bwubatse inzego zatumye u Rwanda  ruba igihugu cyiyubashye k’uburyo muri iki gihe kiri mu bya mbere ku isi bifite abagabo n’abagore benshi bagiye kugarura amahoro ahandi ku isi.

Mu ijambo rya Minisitiri Dr. Vincent Biruta avuze ko muri iki gihe umubano hagati y’u Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye ari mwiza kandi utanga icyizere.

Ni umubano avuga ko wagiriye Abanyarwanda akamaro mu ngeri zitandukanye kandi byatumye babaho neza muri rusange.

Ati: “ Ubu turizihiza imyaka 60 y’umubano hagati y’u Rwanda na UN.  Ni umubano waranze amateka yacu yaranzwe n’ibihe bibi ndetse n’ibyiza. Amasomo twabivanyemo yatumye dushyiraho uburyo bw’imibanire iboneye kandi itunyuze twese.”

Biruta avuga ko u Rwanda rwerekanye ko igihugu gishobora gukora kikiteza imbere kandi rugira uruhare rwiza mu bibera hirya no hino ku isi mu ngeri zitandukanye.

- Advertisement -

Avuga ko u Rwanda rwishimira kuba umufatanyabikorwa mwiza na UN.

Ibi kandi byagarutsweho na Bwana Gomera Maxwell uhagarariye UN mu Rwanda.

Nawe avuga ko gukoranaa n’u Rwanda  ari ingenzi kubera ko rufasha mu rukemura ibibazo biri aho rwoherejwe.

Avuga ko uretse ibibazo by’umutekano, u Rwanda rugira uruhare mu kugarura, hari n’ibindi bikorwa rukora bijyanye no gutuma isi iba ahantu heza ho gutura no kwishimira.

Gomera avuga ko u Rwanda ari urugero rwiza ku mahanga rwo kutadohoka, ahubwo abantu bagaharanira kureba ejo hazaza bafite icyizere.

Taliki 01, Nyakanga, 1962 nibwo u Rwanda rwemerewe kuba umunyamuryango wa UN.

Inyandiko yemerera u Rwanda kwinjira muri UN

 

TAGGED:featuredGomeraJenosideRwandaUmubanoUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Johnston Yahariye Rishi Sunak Ngo Abe Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Next Article Ubukungu Bw’Afurika Yo Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Burasubira Inyuma-IMF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?