Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano W’u Rwanda Na UN Ni Umubabaro UVANZE N’Ibyishimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umubano W’u Rwanda Na UN Ni Umubabaro UVANZE N’Ibyishimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 October 2022 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yavugiye mu muhango wo kwizihiza imyaka 60 u Rwanda rumaze mu Muryango w’Abibumbye, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta avuga ko umubano w’impande zombi waranzwe n’ibibazo ariko n’ibisubizo ubu bishimishije buri ruhande.

Mu mwaka wa 1994 abari bahagaririya UN mu Rwanda birengagije gutabara Abatutsi bicwaga na Leta yakoresheje abitwaga Interahamwe ngo babatsembe.

Icyo gihe uyu muryango wayoborwaga na Boutros Boutros Ghali wawutegetse guhera mu mwaka wa 1992 kugeza mu mwaka wa 1996.

Ni ikibazo cyari gikomeye kubera ko kudahagarika buriya bwicanyi byatumye hari inzirakarengane zirenga miliyoni y’Abatutsi zihasiga ubuzima.

Boutros Boutros Ghali

Ubuyobozi bwayihagaritse bwubatse inzego zatumye u Rwanda  ruba igihugu cyiyubashye k’uburyo muri iki gihe kiri mu bya mbere ku isi bifite abagabo n’abagore benshi bagiye kugarura amahoro ahandi ku isi.

Mu ijambo rya Minisitiri Dr. Vincent Biruta avuze ko muri iki gihe umubano hagati y’u Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye ari mwiza kandi utanga icyizere.

Ni umubano avuga ko wagiriye Abanyarwanda akamaro mu ngeri zitandukanye kandi byatumye babaho neza muri rusange.

Ati: “ Ubu turizihiza imyaka 60 y’umubano hagati y’u Rwanda na UN.  Ni umubano waranze amateka yacu yaranzwe n’ibihe bibi ndetse n’ibyiza. Amasomo twabivanyemo yatumye dushyiraho uburyo bw’imibanire iboneye kandi itunyuze twese.”

Biruta avuga ko u Rwanda rwerekanye ko igihugu gishobora gukora kikiteza imbere kandi rugira uruhare rwiza mu bibera hirya no hino ku isi mu ngeri zitandukanye.

Avuga ko u Rwanda rwishimira kuba umufatanyabikorwa mwiza na UN.

Ibi kandi byagarutsweho na Bwana Gomera Maxwell uhagarariye UN mu Rwanda.

Nawe avuga ko gukoranaa n’u Rwanda  ari ingenzi kubera ko rufasha mu rukemura ibibazo biri aho rwoherejwe.

Avuga ko uretse ibibazo by’umutekano, u Rwanda rugira uruhare mu kugarura, hari n’ibindi bikorwa rukora bijyanye no gutuma isi iba ahantu heza ho gutura no kwishimira.

Gomera avuga ko u Rwanda ari urugero rwiza ku mahanga rwo kutadohoka, ahubwo abantu bagaharanira kureba ejo hazaza bafite icyizere.

Taliki 01, Nyakanga, 1962 nibwo u Rwanda rwemerewe kuba umunyamuryango wa UN.

Inyandiko yemerera u Rwanda kwinjira muri UN

 

TAGGED:featuredGomeraJenosideRwandaUmubanoUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Johnston Yahariye Rishi Sunak Ngo Abe Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Next Article Ubukungu Bw’Afurika Yo Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Burasubira Inyuma-IMF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?