Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuburo Wa Banki Nkuru Y’u Rwanda Ku Bacuruza Amadevize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuburo Wa Banki Nkuru Y’u Rwanda Ku Bacuruza Amadevize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2023 2:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Banki y’u Rwanda ivuga ko abacuruza cyangwa bishyuza serivisi mu mafaranga y’amahanga (amadevize)  bagomba kwitonda ntibishyuze abakiliya mu madovize kuko bitemewe.

Mu Rwanda ni henshi abacuruzi bishyuza abantu mu madolari cyangwa se andi mafaranga y’amahanga.

Hari bamwe bishyura ubukode bw’inzu z’ubucuruzi bagasaba ababakodesha kubikora mu madolari.

Ubuyobozi bwa Banki nkuru y’u Rwanda buvuga ko bitemewe kandi ko bihanwa n’amategeko.

Mu itangazo ryasohowe n’iyi Banki hari ahagira hati: “Hakurikijwe Itegeko N48/2017 ryo ku wa 23/09/2017 rigenga Banki Nkuru y’u Rwanda nk’uko ryahinduwe kugeza ubu, biteganyijwe ko inshingano zose zizamo amafaranga cyangwa ibikorwa byose bikorewe muri Repubulika y’u Rwanda bigomba gushyirwa kandi bikishyurwa mu mafaranga y’u Rwanda.”

BNR isobanura ko gushyiraho ibiciro ku bicuruzwa na serivisi mu mafaranga y’amahanga bibujijwe kandi bihanwa n’amategeko.

Iryo tangazo rikomeza rigira riti: “Icyakoze, ibigo bitanga serivisi zigaragaza ko bikorana n’abanyamahanga byo byemerewe kwakira aya mafaranga y’amahanga. Ibyo birimo amahoteli, inzu z’imikino mu maduka atishyura amahoro ya gasutamo, sosiyete zikorana na ba mukerarugendo n’amashuri mpuzamahanga.”

Banki nkuru y’u Rwanda yamenyesheje abantu bose ko ufashwe agurisha ibicuruzwa cyangwa akishyuza serivisi mu mafaranga y’amahanga atabifitiye uburenganzira, ahanishwa gufatirwa amafaranga yose yavuye muri icyo gikorwa.

PUBLIC NOTICE ON FOREX TRANSACTIONS

Reference is made to the article 6bis of the Law N 48/2017 of 23/09/2017 governing the Central Bank as amended to date, stating that all monetary obligations or transactions entered into or made in the Republic of #Rwanda are considered to be… pic.twitter.com/oO2A2MHikz

— Central Bank of Rwanda (@CentralBankRw) December 30, 2023

TAGGED:AmadolariAmafarangaBankifeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bambuka Umugezi Wa Mukungwa Bagendera Ku Biti Bibiri
Next Article Nta Kizakoma Imbere Iterambere Twiyemeje-Perezida Kagame
1 Comment
  • Jaques says:
    31 December 2023 at 7:05 am

    Ni ngombwa ko amafaranga y’u Rwanda arimdwa gukomeza gutakaza agaciro.

    Reply

Leave a Reply to Jaques Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?