Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umucamanza Yategetse Ko Umurambo Wa ‘Perezida Mugabe’ Utabururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umucamanza Yategetse Ko Umurambo Wa ‘Perezida Mugabe’ Utabururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2021 11:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bacamanza b’i Harare muri Zimbabwe yategetse ko umurambo wa Robert Mugabe wahoze ayobora Zimbabwe utabururwa ugashyingurwa mu irimbi ry’igihugu. Yari yarashyinguwe mu isambu ku ivuko ahitwa Kutama.

Uwo mucamanza yavuze ko ishyingurwa rya Robert Mugabe ryabaye mu buryo budakurikije amategeko bityo ko agomba gutabururwa agashyingurwa mu irimbi rya Leta mu cyubahiro gikwiye Umukuru w’Igihugu y’aho akomoka kandi ngo ntibyari bikwiye.

Yategetse ko abo mu muryango we n’abandi babifitiye ububasha bahabwa n’amategeko  gutaburura umurambo we bakamushyingura mu buryo bwemewe na Leta ya Zimbabwe aho gushyingurwa mu isambu y’iwabo ku ivuko.

Abo mu muryango wa bugufi wa Mugabe bamaganye icyo cyemezo cy’urukiko bavuga ko bahisemo kumushyingura ku ivuko kuko ngo yavuye ku butegetsi mu buryo atishimiye bityo ko nawe atifuzaga gushyingurwa ahantu ha Leta.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

 Mugabe yapfuye mu mwaka wa 2019 afite imyaka 95 y’amavuko. Yashyinguwe iwabo mu gace kitwa Kutama.

BBC yanditse ko Umuryango wa Mugabe wajuririye icyemezo cy’urukiko ariko narwo rwanga kuva ku izima.

Bivugwa ko abawugize bateganya kuzajuririra mu rundi rwisumbuyeho.

Perezida Mugabe Robert yayoboye Zimbabwe guhera mu mwaka wa 1980 ageza mu mwaka wa 2017, ubwo abasirikare bamukuraga ku butegetsi ariko akomeza guhabwa icyubahiro nk’intwari ya Zimbabwe.

TAGGED:featuredIrimbiMugabePerezidaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya Netanyahu Byongeye ‘Gusubirwamo’
Next Article RWANDAIR Iri Kuzanzamuka Gahoro Gahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?