Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuco Wo Kudahana Watije Umurindi Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuco Wo Kudahana Watije Umurindi Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2022 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Si abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babivuga bonyine ahubwo n’abahanga mu by’amateka n’amategeko bavuga ko kuba mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari abantu bicaga Abatutsi ntibahanwe byatumye abicanyi babona ko no ku bica ku bwinshi ntacyo byabatwara.

Iyi ni imwe kandi mu ngingo zaraye zivuzweho mu rukiko  rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa aho abari bari mu rukiko bavuze ko umuco wo kudahana uri mu byatumye Jenoside yakorewe Abatutsi igira ubukana nk’ubwo yagize haba muri Perefegitura ya Gikongoro n’ahandi mu Rwanda.

Byagarutsweho  mu buhamya bamaze iminsi batanga mu rubanza rwa Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya  Gikongoro ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abatutsi benshi biciwe mu byumba by’amashuri y’i Murambi aho bari barahungiye nyuma yo kwizezwa ko ari ho hari amahungiro kuko bari babwiwe ko bari burindirwe umutekano.

Ni amashuri yari yarubatswe kugira ngo abaturage bajye bayigiramo imyuga.

Nyuma yo kuhahungira nibwo Interahamwe n’abasirikare ba Leta y’Abatabazi babahasanze barabica.

Mu byumba by’aya mashuri ubu hashyinguwe imibiri y’Abatutsi 40,000 bahiciwe mu gihe gito cyakurikiye italiki 21, Mata, 1994.

Laurent  Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro afatanyije na Col Aloys Simba akurikiranyweho uruhare rutaziguye muri buriya bwicanyi.

Laurent Bucyibaruta

Ni ubwicanyi bwabayeho taliki 21, Mata, 1994  bubera kuri Paruwasi Gatolika ya Cyanika n’iya  Kaduha.

Alain Gauthier uyobora Ihuriro ry’imiryango iharanira ko abakoze Jenoside bagezwa imbere y’ubutabera, avuga ko  kuba Abatutsi bariciwe igihe kimwe ahantu hatatu hatandukanye atari ibyapfuye kwikora ahubwo ko byari umugambi.

Ati: “Kuba Abatutsi barishwe mu ijoro ry’itariki ya 21, Mata, 1994 hafi ku isaha imwe ntabwo ari ibintu byapfuye kwikora.  Hagomba kuba hari abantu babiteguye barimo n’abayobozi.  Igisigaye ni ukumenya niba Perefe Bucyibaruta yaba ari muri bo.”

Yunzemo ko byagorana kumva ko uwayoboraga Perefegitura atari azi umugambi wo kuyiciramo abantu bangana kuriya.

Umunyamakuru wa RBA uri i  Paris ahabera urubanza rwa Bucyibaruta avuga ko hari abatangabuhamya bavuze ko kuba hari abantu bicaga Abatutsi na mbere ya 1994 ntibahanwe ari kimwe mu byatije umurindi ubwicanyi bukomeye.

Bavuga ko kera hari abantu bicaga Abatutsi aho guhanwa bakogororerwa.

Abasesengura Amateka yaza Jenoside cyane cyane iyakorewe Abatutsi bemeza ko ibi biri mu byatumye igira ubukana muri Perefegitura ya Gikongoro.

Alain Gauthier we ati: “Twese tuzi ko kuri Noheli 1963 muri Mutarama habaye igisa na Jenoside ku Gikongoro ahishwe abantu barenga ibihumbi 20 bikerekana neza ukuntu Gikongoro yabayemo ubwicanyi kare cyane. Ntibitangaje rero kuba byarasubiriye muri 1994. Icyatije umurindi Jenoside ni uko imyaka n’imyaka abakoze ubwicanyi bw’Abatutsi batigeze bahanwa, ibintu byeretse abicanyi ko bakwikomereza ibikorwa byabo.”

Alain Gauthier n’umugore we Dapfroza Mukarumongi Gauthier

Abandi batangabuhamya mu rubanza rwa Laurent Bucyibaruta   babwiye urukiko ko kuvana Bucyibaruta i Kibungo akajya kuba Perefe ku Gikongoro mu mwaka wa 1992, byari muri gahunda yo gutegura Jenoside kuko uwari uhari mbere ye  abaturage bari baranze kumwumva binatuma abenshi muri bo bava mu ishyaka rya MRND.

Kuzana Bucyibaruta ku Gikongoro ngo byatumwe yongera gukundisha abaturage MRND n’ingengabitekerezo ya Politiki yayo yo kurimbura Abatutsi.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi ruri mu Karere ka Nyamagabe

Kuva urubanza rwa Bucyibaruta rwatangira, urukiko rwa rubanda rw’i Paris rumaze kumva abatangabuhamya barenga 100.

Hasigaye iminsi irindwi y’iburanisha kugira ngo urubanza rurangire.

TAGGED:BucyibarutafeaturedGikongoroIngengabitekerezoJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburyo Bushya Bw’Ikoranabuhanga Bugenewe Abaganga Bo Mu Rwanda Mu Guhana Ubumenyi
Next Article Rulindo: Bakurikiranyweho Kwiba Intsinga Mu Kigo Cy’Amashuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?