Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umufaransa Ukekwaho Gutoza Abarwanyi Ba Bozizé Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umufaransa Ukekwaho Gutoza Abarwanyi Ba Bozizé Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2021 10:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10, Gicurasi, 2021, i Bangui muri Centrafrique hafatiwe Umufaransa  witwa Quignolot Rémy  Juan akurikiranyweho gutoza abarwanyi ba François Bozizé umaze iminsi yarazengereje ubutegetsi bw’i Banqui.

Uyu mugabo bivugwa ko ari umwe muri ba maneko b’u Bufaransa, kandi ngo muri 2013 nabwo yagize uruhare mu guhirika Bozizé.

Ubwo Polisi ya Centrafrique yamufatiraga aho yamusanze, yamusatse imusangana ibikoresho byinshi bya gisirikare.

Ibyo bamusanganye:

-Bamusanganye imbunde zirasa amasasu menshi kandi mu gihe gito,

– Ibyo amasasu abikwamo,

– imyenda ya gisirikare idapfumurwa n’amazi,

– Ibyuma bifasha amaso kureba kure( jumelles, binoculars), 

-Imbunda za ba mudahusha( snipers),

 -Inkweto ndende zifasha mu kugenda hantu hari amahwa kandi hanyerera,

-Amatoroshi,

– Ibikoresho abasirikare cyangwa ba mukerarugendo bitwaza kugira ngo baze kubishinga bikoze inzu yo kuraramo,

-Imbunda nto( pistolets),

-Amapingu,

-Mudasobwa n’ibindi.

Mu byangombwa bamusanganye harimo visa yahawe na Repubulika ya Mali tariki 11, Ugushyingo, 2020.

Muri byo [ibyangombwa] hari icyanditseho ko tariki 07, Ukwakira, 2020 aribwo yageze muri Repubulika ya Centrafrique ahava tariki 22, Ukwakira, 2020.

Kuva icyo gihe ntawamenye uko yahagarutse kugeza ubwo ahafatiwe mu ijoro ryakeye kuri uyu wa Kabiri tariki 11, Gicurasi, 2021.

Mu byangombwa bye kandi harimo ko yavutse tariki 17, Mutarama, 1966, ariko akaba afite inkomoko i Tunis muri Tunisia.

Irebere ibyo bamusanganye:

Bimwe mu bimuranga
Ni Umufaransa ufite inkomoko muri Tunisia
Yarafite ibintu byinshi birimo n’ibiribwa bikorerwa mu nganda
Bamusanganye ibikoresho bya gisirikare byinshi
TAGGED:CentrafriquefeaturedManekoPolisiUmufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi J. Cole Wo Muri Amerika Agiye Gukinira Patriots BBC Muri BAL 2021
Next Article Yatandukaniye N’Umwana We Muri Libya, Bongera Guhurira Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?