Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umufaransakazi Yatangiye Kuburanishwa Ku Guhakana Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Umufaransakazi Yatangiye Kuburanishwa Ku Guhakana Jenoside Yakorewe Abatutsi

Last updated: 01 March 2022 10:10 am
Share
SHARE

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu azaburanishwa n’Urukiko rw’i Paris ku byaha byo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Polony w’imyaka 46 uyobora ikinyamakuru Marianne yarezwe n’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (Ibuka), kubera amagambo yavugiye kuri Radio France Inter ku wa 18 Werurwe 2018.

Icyo gihe yavuze ko muri Jenoside bitashobokaga gutandukanya abantu babi n’abeza, ku buryo asanga byari “abantu babi bahanganye n’abandi babi.”

Ku bwe, ngo muri Jenoside habayeho ugushyamirana kw’abantu babi, baricana.

Itegeko rigenga ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Bufaransa, guhera mu 2017 rihana icyaha cyo guhakana cyangwa gupfobya imwe muri jenoside zemerwa n’u Bufaransa, harimo n’iyakorewe Abatutsi mu Rwabda mu 1994.

Umuryango Ibuka waje kurega uwo munyamakurukazi, ikirego cyawo gishyigikirwa n’indi miryango irimo Mrap (Mouvement contre le racisme et pour l’amitié entre les peuples) n’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa.

Ubushinjacyaha bwamureze “guhakana icyaha cyibasiye inyokomuntu hakoreshejwe amagambo, inyandiko, amashusho cyangwa uburyo bw’itumanaho mu ruhame cyangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.”

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideNatacha Polonyu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burusiya ‘Bwatangiye’ Gukoresha Intwaro Zibujijwe
Next Article Kenya Igiye Gusubukura Ibiganiro Na Uganda Ku Bucuruzi Bw’Amata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?