Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umufaransakazi Yatangiye Kuburanishwa Ku Guhakana Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Umufaransakazi Yatangiye Kuburanishwa Ku Guhakana Jenoside Yakorewe Abatutsi

Last updated: 01 March 2022 10:10 am
Share
SHARE

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu azaburanishwa n’Urukiko rw’i Paris ku byaha byo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Polony w’imyaka 46 uyobora ikinyamakuru Marianne yarezwe n’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (Ibuka), kubera amagambo yavugiye kuri Radio France Inter ku wa 18 Werurwe 2018.

Icyo gihe yavuze ko muri Jenoside bitashobokaga gutandukanya abantu babi n’abeza, ku buryo asanga byari “abantu babi bahanganye n’abandi babi.”

Ku bwe, ngo muri Jenoside habayeho ugushyamirana kw’abantu babi, baricana.

Itegeko rigenga ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Bufaransa, guhera mu 2017 rihana icyaha cyo guhakana cyangwa gupfobya imwe muri jenoside zemerwa n’u Bufaransa, harimo n’iyakorewe Abatutsi mu Rwabda mu 1994.

Umuryango Ibuka waje kurega uwo munyamakurukazi, ikirego cyawo gishyigikirwa n’indi miryango irimo Mrap (Mouvement contre le racisme et pour l’amitié entre les peuples) n’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa.

Ubushinjacyaha bwamureze “guhakana icyaha cyibasiye inyokomuntu hakoreshejwe amagambo, inyandiko, amashusho cyangwa uburyo bw’itumanaho mu ruhame cyangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.”

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideNatacha Polonyu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burusiya ‘Bwatangiye’ Gukoresha Intwaro Zibujijwe
Next Article Kenya Igiye Gusubukura Ibiganiro Na Uganda Ku Bucuruzi Bw’Amata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?