Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba Mukuru w’Ingabo Za Tanzania Ari Mu Ruzinduko Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umugaba Mukuru w’Ingabo Za Tanzania Ari Mu Ruzinduko Mu Rwanda

admin
Last updated: 24 August 2021 6:19 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania (TPDF), General Venance Mabeyo, ari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, rugamije gutsura umubano n’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda yatangaje ko Gen Mabeyo yatangiye uru ruzinduko ku wa 23 Kanama, akazarusoza ku wa 26 Kanama 2021.

Kuri uyu wa Kabiri yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo Maj General Albert Murasira, nyuma aza kugirana ibiganiro na mugenzi we Gen J Bosco Kazura. Byabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura.

Gen Mabeyo yavuze ko uruzinduko rwe rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya TPDF na RDF.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni urugendo yakoze nyuma y’urwo Gen J Bosco Kazura yagiriye muri Tanzania muri Gicurasi 2021. Icyo gihe yajyanye n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Dan Munyuza.

Gen Kazura Na IGP Munyuza Bagiriye Uruzinduko Muri Tanzania

Gen Mabeyo yavuze ko bene izi ngendo ari ingenzi kuko zigaragaza ubwizerane hagati y’inzego za gisirikare ku mpande zombi.

Gen Mabeyo n’intumwa zamuherekeje bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, banasura Ingoro y’urugamba rwo kubohora Igihugu iri mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko.

Biteganyijwe ko azanasura Ishuro Rikuru rya Gisirikare n’Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

- Advertisement -

Ni umudugudu wubatswe ku bufatanye n’ingabo z’u Rwanda, watanshywe ku munsi mukuru wo Kwibohora, ku wa 4 Nyakanga.

 

TAGGED:featuredGeneral Jean Bosco KazuraGeneral Venance MabeyoRDFTanzaniaTPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwahaye Ikaze Abanyeshuri Bahungishijwe Muri Afghanistan
Next Article Polisi y’u Rwanda Yasinyanye Amasezerano n’Iya Lesotho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?