Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba W’Ikirenga Yaganiriye N’Inzego Zose Z’Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugaba W’Ikirenga Yaganiriye N’Inzego Zose Z’Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 November 2023 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu taliki 15, Ugushyingo, 2023 Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yaganiriye n’abagaba bakuru bazo, Ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda n’abo mu rwego rw’igihugu rw’igorora, abayobozi bakuru mu rwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza n’abo mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB.

Nta makuru yatangajwe kubyo baganiriye.

Icyakora iyi nama ibaye mu gihe hamaze iminsi hari ibisasu biva muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bikagwa mu Rwanda ndetse bigakomeretsa abaturage.

Ikindi ni uko kuba hari umutekano muke mu bice byegereye u Rwanda biruha umukoro wo gukaza umutekano imbere muri rwo no ku mipaka yarwo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bihe bitandukanye, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itazemera ko hari abahungabanya umutekano w’Abanyarwanda n’abatura Rwanda aho baba babikoreye hose.

Kubera ko umutekano ari ikintu cyagutse, birashoboka ko abitabiriye iriya nama baganiriye ku bindi birebana nawo ndetse n’umudendezo w’abaturage imbere mu gihugu.

Ibyo birimo ibyaha bijyanye n’amakimbirane mu miryango, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe buhitana bamwe mu babukora ( hari batandatu baherutse gupfira i Rwinkwavu) ndetse n’amatsinda y’abaturage biyita amazina yo kwerekana ko biyemeje guhangana n’inzego z’umutekano barimo abiyise ‘Abahebyi’.

Abo Bahebyi bakorera henshi harimo n’i Muhanga.

Abandi baturage biyemeje ubwicamategeko bakorera mu Karere ka Gatsibo biyise Imparata.

- Advertisement -

Indi ngingo Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano bashobora kuba baganiriye ho, ni imyitwarire ya bamwe mu bashinzwe umutekano idahwitse.

N’ikimenyimenyi ubwo yakiranga indahiro z’abayobozi mu rwego rw’ubutabera harimo n’Umunyamabanga wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha witwa Consolée Kamarampaka, Perezida Kagame yashimangiye ko Abanyarwanda bose bangana imbere y’amategeko.

Uko bigaragara, iyi nama yiganiririwemo ibintu bitandukanye bireba umutekano w’u Rwanda mu mpande zose wakumvikanamo.

Amafoto:

(Uva ibumoso ujya iburyo) Lt Gen Muhire Charles, Lt Gen Charles Kayonga, Gen Fred Ibingira
(Ibumoso ujya iburyo) Col Dodo, Maj Gen Sam Kaka Kanyemera, Maj Gen Emmanuel Karenzi Karake, inyuma haragaraga na Brig Gen George Rwigamba
Brig Gen Hodari aganira na CP Rumanzi George
Major Gen Emmanuel Bayingana aganira na CP Vincent Sano
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda aganiriza abitabiriye iyi nama
Cyari igihe cyo gutega amatwi bitonze inama n’amabwiriza by’Umugaba w’ikirenga
TAGGED:featuredInamaIngaboKagamePolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CG Gasana Yakatiwe Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Next Article Abimukira Nibataza Mu Rwanda Ibyabagenewe Bizakoreshwa N’Abanyarwanda-Mukuralinda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?