Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo Wa Nancy Pelosi Bari Bamwicishije Inyundo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umugabo Wa Nancy Pelosi Bari Bamwicishije Inyundo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2022 1:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Pelosi ni umugabo wa Nancy Pelosi, usanzwe uyobora Inteko ishinga amategeko ya Amerika. Hari umugabo uherutse kwinjira mu rugo rwabo ashaka gukubita Paul Pelosi inyundo mu mutwe ariko Imana ikinga akaboko.
Abapolisi baratabaye basanga uwo mugabo yakubise Paul Pelosi inyundo inshuro ebyiri ariko ntiyapfa, ubu ari kwa muganga.

Abo muri uyu muryango basanzwe batuye muri Leta ya California.

Nancy Pelosi yanditse kuri Twitter ko we n’abana be ndetse n’abuzukuru be bakuwe umutima na kiriya gitero.

Polisi ivuga ko  yasanze uriya mugabo ari kugundagurana na Paul Pelosi ashaka kumwaka inyundo ngo yongere ayimukubite, iramutesha.

Paul Pelosi ngo yakubiswe iriya nyundo inshuro ebyiri, ariko ngo amahirwe ni uko ntayo yakubiswe mu mutwe.

Uwashakaga kumukubita inyundo ngo ni umugabo witwa David Depape w’imyaka 42 y’amavuko

Umwe mu bapolisi bakuru bo mu gace byabereyemo witwa Scott  avuga ko ibyo uriya musore yakoze ari ibintu yari yateguye.

Paul Pelosi

Itangazamakuru ryo muri Amerika rivuga ko uriya mugabo yaje avuga asakuza abaza aho Nancy Pelosi aherereye, nibwo umugabo we Paul Pelosi yazaga kureba uwo ari we baba barafatanye ashaka kumukubita inyundo.

Inkuru y’uko Nancy Pelosi yashakishijwe n’umuntu ngo amwice yageze kuri Perezida Joe Biden ari mu ruzinduko rw’akazi  muri Leta ya Delaware ari n’aho avuka.

Wall  Street Journal ivuga ko muri iki gihe abanyapolitiki b’Amerika bugarijwe n’abantu babafitiye urwango ndetse rushobora kuzatuma bamwe bahasiga ubuzima.

TAGGED:AmerikafeaturedInyundoNancyPaulPelosi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwababajwe N’Uko DRC Yirukanye Uruhagarariye
Next Article UN, Angola…Ibihugu Byahagurukiye Ibiri Kubera Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?