Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo W’i Gatsibo Akurikiranyweho Kwica Motari W’i Gicumbi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugabo W’i Gatsibo Akurikiranyweho Kwica Motari W’i Gicumbi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2023 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yafashe umugabo w’imyaka 29 y’amavuko ucyekwaho kwiba moto nyuma yo kwica nyirayo. Uyu mugabo akomoka mu Karere ka Gatsibo.

Ubu bwicanyi bwakozwe ubwo Abanyarwanda batangiraga kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, hari taliki 07, Mata, 2023.

Iperereza rivuga ko uwafashwe yakoranye na bagenzi be, batega umutari igico ubwo yari atashye ageze mu Mudugudu wa Runaba, Akagari ka Shangasha, Umurenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi.

Baramwishe bamwambura muto.

Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru yavuze ko ubu bwicanyi  bwabaye ahagana  saa yine z’ijoro.

Ni amakuru Polisi yahawe  n’umubyeyi wa nyakwigendera.

Uwo mubyeyi avuga ko icyo gihe yategereje ko umwana we ataha, aramubura.

SP Ndayisenga ati: “Umubyeyi wa nyakwigendera yavuze ko yabuze umuhungu we kandi ko atitabaga telefone. Ako kanya twaje guhita duhabwa amakuru n’umuturage ko hari umuntu basanze yishwe bamuzirikiye mu ishyamba riherereye mu Kagari ka Shangasha”.

SP Ndayisenga Alex

Avuga ko hahise hatangira gishakisha impamvu z’ubwo bwicanyi, hafatwa umugabo w’imyaka 29 wo mu Karere ka Gatsibo wari ufite moto y’uwo mumotari wishwe.

Hagendewe ku iperereza n’amakuru yatanzwe n’abaturage batandukanye,  hahise hategurwa  igikorwa cyo gushakisha iyo moto n’abacyekwaho gukora ubwo bwicanyi.

Ubwo abapolisi bageraga ku bantu bakekwagaho uruhare muri ubwo bwicanyi, umwe muri bo yarirutse, usigaye baramufata.

Akimara gufatwa yiyemereye ko iyo moto yayibye mu Karere ka Gicumbi kandi ko basize bishe nyirayo afatanyije na mugenzi we watorotse ubu uri gushakishwa.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu bitaro bikuru bya Byumba ngo ukorerwe isuzuma .

Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri  sitasiyo ya Byumba mu gihe ibikorwa byo gushakisha uwo bafatanyije bigikomeje.

Nahamwa n’icyaha azahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha gihanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

TAGGED:GatsiboGicumbiMotariMotoNdayisenga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Uwemeye Ko Yishe Umwarimu Wa Kaminuza Akamukuramo Amaso YARASHWE
Next Article Rwanda: Amafaranga Y’Amiganano Akomeje Kugaragara Mu Baturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?