Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo Yafatanywe Umukozi Wo Mu Rugo Urwaye COVID-19 Amusubije Iwabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugabo Yafatanywe Umukozi Wo Mu Rugo Urwaye COVID-19 Amusubije Iwabo

admin
Last updated: 25 July 2021 6:05 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye umugabo wo mu Mujyi wa Kigali wafashwe atwaye mu modoka umukozi wo mu rugo rwe urwaye COVID-19, arimo kugerageza kumusubiza iwabo mu karere ka Huye.

Uyu mugabo yerekanywe kuri iki Cyumweru nyuma yo gufatwa ku wa Gatandatu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko uwo mugabo yitwaje uruhushya yari afite rwo kujya muri Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, afata umuhanda akomereza mu Karere ka Huye atwaye umukozi we.

Yaje gufatwa ageze mu Karere ka Nyanza.

Uyu mugabo utuye mu Murenge wa Gikondo yabwiye itangazamakuru ko uriya mukobwa yagiye kwipimisha COVID-19, avuyeyo ntiyababwira ko yanduye ahubwo akuramo agapfukamunwa arakajugunya ajya guterura abana.

Ati “Turamubaza tuti ese igisubizo baguhaye ni ikihe, ati ‘njye ntacyo ndwaye’.”

Ngo bamusabye ko niba ku kigo nderabuzima batamusanzemo COVID-19, yaba agiye mu cyumba cya wenyine bagategereza kujya ku rindi vuriro, akabona gusubira mu mirimo ye.

Mu kandi kanya ngo haje umugore uziranye n’abantu bo ku kigo nderabuzima, bamuha amazina arebye asanga uwo mukobwa yasanzwemo ubwandu.

Ati “Twaje guhamagara umukuru w’Umudugudu turabimubwira, ahamagara n’umunyabuzima, na we ahamagara abo muri RBC, haza n’umuganga wo ku kigo nderabuzima, baza mu rugo bati ‘uyu muntu utarashatse kugaragaza ko arwaye, ashobora kwanduza bantu benshi.”

“Bati reka tubagire inama, ni uko mumujyana mukamushyikiriza ubuyobozi mu karere k’iwabo, mukavuga ikibazo uko giteye, kugira ngo atavaho ajya mu bandi bantu akabanduza kuko murabona ko afite umutima wa kinyamaswa.”

Icyo gihe ngo hari haciye iminsi ibiri avuye kwipimisha.

Uyu mugabo ngo yagiye mu majyepfo yumva nta bundi buryo buhari.

CP Kabera yavuze ko baje kumenya amakuru ko hari umuturage uvanye umuntu muri Kigali kandi amujyanye mu Ntara y’Amajyepfo, batangira gukurikirana.

Ati “Uyu mugabo yari afite uruhushya yasabiwe n’ikigo akorera gishinzwe ibintu byo gucukura amabuye y’agaciro, akaba afite uruhushya rukorera muri Kamonyi. Yararwitwaje rero we avuga ko agiye Huye, ndetse ageze no ku bapolisi ababwira ko afite uruhushya rujya i Huye. Aho ndagira ngo mvuge ko yabeshye.”

CP Kabera yasabye abantu kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, ashimangira ko Polisi itazihanganira uwo ari we wese ukoresha uruhushya yahawe mu buryo bunyuranyije n’icyo yaruherewe.

Yavuze ko umuntu ukoresheje nabi uruhushya rwe ruhita ruteshwa agaciro, kandi icyo kinyabiziga bikagorana kongera kugiha uruhushya.

Ati “Icya kabiri, abantu biha gukora ibibujijwe n’amabwiriza yo kwirinda kino cyorezo turagira ngo tubabwire ko bakora amakosa, ariko ayo makosa ashobora kuvamo ibyaha.”

Ubusanzwe iyo umuntu asanzwemo COVID-19 atarembye, asabwa kuguma mu rugo akaba ariho akurikiranirwa kugeza akize.

Uyu mugabo yatawe muri yombi na Polisi / Ifoto ya RBA

 

TAGGED:COVID-19featuredGuma mu RugoHuyePolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Baturutse Mu Rwanda Babujijwe Kwinjira Muri Luxembourg
Next Article Guma Mu Rugo Yongereweho Iminsi Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?