Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugenzuzi W’Imari Ya Leta Avuga Ko Kuzuza Urugomero Rwa Rusumo Bitazagerwaho Ku Gihe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugenzuzi W’Imari Ya Leta Avuga Ko Kuzuza Urugomero Rwa Rusumo Bitazagerwaho Ku Gihe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 October 2021 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta Obadiah Biraro yahaye abanyamakuru yavuze  ko iyo urebye aho umushinga wo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ugeze( kuri 81.4%), usanga utazaba wararangiye ku gihe wari waragenewe. Wari waragenewe kuzarangira mu Ukuboza, 2021.

Yabivuze ari kumwe na bagenzi bashinzwe bashinzwe kugenzura Imari y’u Burundi, Madamu Générose Kiyago n’uwa Leta yunze ubumwe ya Tanzania witwa Charles Edward Kichere.

Obadiah Biraro watorewe kuyobora bariya bagenzi be yavuze ko n’ubwo abagenzuzi b’imari yagenewe gukora uriya mushinga basanzwe atari abahanga mu by’ubwubatsi, ariko amaso yabo yaberetse ko igihe cyo kuwuzuza kizagera uterarangira.

Ati: “ Mbivuze neruye ko rwose uriya mushinga uzaba utaruzura mu mpera z’Ukuboza, 2021. Igihe gisigaye ni gito cyane.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Obadiah Biraro ubwo yaganiraga n’abanyamakuru

Ni umushinga wagenewe Miliyoni 340 $ ni ukuvuga Miliyari 340 Frw kandi ngo nuwuzura uzatanga megawatts 80.

Ikindi ngo ni amafaranga yakoreshejwe muri uriya mushinga kugeza ubu angana na 57% by’amafaranga yose yari yarateganyirijwe umushinga.

Ku rundi ruhande ariko abakoze igenzura bavuga ko n’ubwo igice kinini cyakozwe, ariko ntawamenya niba ijanisha risigaye atari ryo ryazagaragaramo igihombo.

Obadiah Biraro yavuze ko hagomba kuzakomeza gukurikirana niba ariya azakoreshwa icyo yagenewe.

Imirimo yo kubaka ruriya rugomero yatangiye muri 2014.

- Advertisement -

Raporo yakozwe na bariya bagenzuzi b’imari  izagezwa mu Nteko zishinga amategeko za buri gihugu( Burundi, Rwanda na Tanzania).

Muri Kamena, 2021 Abaminisitiri b’u Rwanda, u Burundi na Tanzania bahuriye kuri ruriya ruganda barasuzuma basanga ngo ruzuzura mu  mpera z’Ukuboza, 2021.

Icyo gihe Minisitiri w’u Rwanda ushinzwe Ibikorwaremezo, Amb Claver Gatete yari kumwe na  bagenzi be, Ibrahim Uwizeye w’u Burundi na Dr Medard Kalemani wa Tanzania.

Mbere bari babanje kujya  i Ngara muri Tanzania kureba aho imirimo yo kubaka urugomero rwa Rusumo igeze.

Umushinga wubaka ruriya rugomero, NELSAP-CU (Nile Equatorial Lakes Subsidary Action Program-Coordination Unit), icyo gihe wemeje ko imirimo yo kubaka urwo rugomero yadindijwe na COVID-19.

Icyemezo cyari icyo gutangira ibikorwa kandi bikarangira ku gihe bihaye.

Amashanyarazi ruriya rugomero rugomba kuzatanga azasaranganywa hagati y’u Rwanda, u Burundi na Tanzania kuko byose bisangiye umugezi w’Akagera.

TAGGED:BurundifeaturedRusumoRwandaTanzaniaUrugomero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushakashatsi Bwerekanye Uko Coronavirus Zihinduranyije Zinjiye Mu Rwanda
Next Article Abantu 13 “Bakorana” Na ADF Bafashwe Bakekwaho Gutegura Ibitero Ku Mujyi wa Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?