Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugore Yatorewe Kuyobora Namibia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Umugore Yatorewe Kuyobora Namibia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2024 12:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’amatora muri Namibia yatangaje ko Netumbo Nandi-Ndaitwah wo mu ishyaka SWAPO riri ku butegetsi muri Namibia yatsinze amatora y’Umukuru w’igihugu.

Netumbo-Nandi-Ndaitwah yabonye amajwi arenga 57,31%, akurikirwa na Panduleni Itula, wabonye amajwi 25,50%.

Abatavuga rumwe na Leta bavuga ko atakozwe uko byari biteganyijwe kubera ibibazo tekinike.

Hari kandi ’ibura ry’ibikoresho byabaye muri iki gihugu.

Ayo matora yatangiye kuwa wa gatatu w’Icyumweru gishize hari tariki 27 kugeza tariki 30 Ugushyingo 2024.

Nandi-Ndaitwah, w’imyaka 72 yavuze ko abaturage yatoye neza.

Yabwiye Reuters ati:”Igihugu cya Namibia cyatoreye amahoro n’umutekano.”

Umukandida watsinzwe witwa Panduleni Itula we ntiyemeye ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora kuko avuga ko ari we uri ku songa mu kugira amajwi menshi.

Nandi-Ndaitwah watorewe kuba Perezida w’iki gihugu yari asanzwe ari Visi Perezida akaba ni umurwanashyaka ukomeye w’ishyaka SWAPO riri ku butegetsi ndetse akaba yari amaze imyaka 25 mu buyobozi.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yanze kwitabira igikorwa cyo gutangaza ibyavuye mu matora cyabereye mu murwa mukuru Windhoek.

Ishyaka rya IPC ryavuze ko rizagana inkiko kandi rishishikariza abaturage batabashije gutora kubera ibibazo tekinike byabaye mu matora ndetse n’ibyo bise imicungire mibi y’akanama k’amatora, kujya kuri polisi bagatanga ikirego.

Nandi-Ndaitwah narahira azaba abaye umugore wa gatatu muri Afurika ubaye Perezida nyuma ya Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan na Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia.

TAGGED:AmatorafeaturedNamibiaPerezidaUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhamiriza Byashyizwe Mu Murage W’Isi
Next Article Abanyarwanda 48 Bishwe N’Ibiza Mu Mezi Atatu Ashize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?