Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanda Muhanga- Ngororero Wafunzwe Kugeza ‘Igihe Kitazwi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umuhanda Muhanga- Ngororero Wafunzwe Kugeza ‘Igihe Kitazwi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2024 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera amazi menshi yuzuye mu muhanga uhuza Muhanga n’Akarere ka Ngororero, ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu muhanda ryanzuye ko uba ufunzwe. Abagana muri Ngororero baturutse i Kigali bagomba kuzamuka i Rulindo, bagafata Gakenke, bakambuka Nyabihu kugeza bageze muri Ngororero.

Ni urugendo rurerure ariko rwa ngombwa kugira ngo abantu barengere ubuzima bwabo.

Igice cy’umuhanda Muhanga-Ngororero cyagize ikibazo  ni icyo mu Murenge wa Gatumba.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano mu muhanda Superintendent of Police( SP) Emmanuel Kayigi yabwiye Taarifa ko umuhanda Muhanga- Ngororero ukomeza gufungwa igihe cyose amazi ari bube ataragabanuka.

Avuga ko nta muntu wavuga ngo uyu muhanda urongera kuba nyabagendwa nyuma y’igihe runaka kubera ko byose biri buterwe n’uko imvura iri kugwa mu bice byegereye Nyabarongo iri bube ingana.

Ati: ” Ntabwo nakubwira ngo urongera gufungurwa igihe runaka kuko ntawe uzi igihe amazi y’imvura yatumye Nyabarongo yuzura azagabanukira. Sitwe tubigena”.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu muhanda

Birashoboka ko iyi mvura itari bugabanuke vuba kubera ko meteo Rwanda ivuga ko uku kwezi kwa Mata kuri buhwemo imvura igera kuri milimetero zigera kuri 300.

Ibi bivuze ko ari litiro 300 z’amazi asandaye kuri metero kare imwe kandi birumvikana ko ari amazi menshi cyane.

SP Emmanuel Kayigi avuga ko hari abapolisi bashyizwe mu nzira zigana Ngororero kugira ngo bakumire ko hari abantu bashobora kuhaca bibwira ko amazi yagabanutse.

Yasabye abaturage kugira amakenga muri iki gihe cy’imvura nyinshi bakirinda guca mu bice bishobora kubateza akaga karimo kugwirwa n’inkangu, kurohama kubera imyuzure, gukubitwa n’inkuba n’ibindi byago biterwa n’amazi menshi.

Ibi byago kandi ntibigera ku bakoresha kaburimbo gusa ahubwo no kubakoresha imihanda y’igitaka nabo baragirwa inama yo kugira amakenga, bakibuka ko aho kujya mu bitaro cyangwa mu irimbi uzira gushaka kugerayo kare, wagera iyo ujya utinze ariko ukahagera amahoro.

TAGGED:AmazifeaturedKayigiMuhangaNgororeroNyabarongo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Araha Ikiganiro Radio 10, Ibyo Abaturage Bifuza Ko Yagarukaho
Next Article APR Yananiwe Gutsinda Muhazi FC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?