Polisi y’u Rwanda yatangarije kuri X ko umuhanda Muhanga-Ngororero -Mukamira wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’iminsi wari umaze ufunzwe.
Wafunzwe kubera imvura imaze iminsi igwa mu misozi y’aho, ni ukuvuga muri Muhanga, Karongi na Ngororero yatumye uruzi rwa Nyabarongo rwuzura, amazi arenga imbibi agera mu muhanda.
Polisi yahise itangaza ko uwo muhanda ufunzwe mu rwego rwo kurinda abantu ibyago batezwa n’uwo mwuzure.

