Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Mr Eazi Agiye Kubaka Inzu Igezweho Y’Ubukerarugendo Ku Kivu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Mr Eazi Agiye Kubaka Inzu Igezweho Y’Ubukerarugendo Ku Kivu

admin
Last updated: 19 May 2021 1:38 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Oluwatosin Ajibade wamamaye nka Mr Eazi wo muri Nigeria, yatangaje ko mu mishinga ashaka gukorera mu Rwanda harimo uwo kubaka inzu igezweho yakira ba mugerarugendo, izaba iherereye ku kirwa mu Kiyaga cya Kivu.

Uyu musore w’imyaka 29 ari mu Rwanda kuva mu minsi ishize, mu kurambagiza amahirwe ashobora gushoramo imari.

Yanditse kuri twitter ati “Ejo nasuye ikiyaga cya Kivu, by’umwihariko ikirwa dushaka gushoraho imari muri Luxury Eco Resort and Wellness Centre. Ndimo kugirira ibihe byiza mu Rwanda.”

Ntabwo yatangaje icyo kirwa icyo aricyo, cyangwa igihe uyu mushinga wazaba watangiriye.

Yesterday I visited Lake Kivu , specifically an Island where We are looking to Invest in a Luxury Eco Resort and Wellness Centre. I am having an awesome time in Rwanda.

BTW Don’t forget to check out my new Music Video For the song “E be Mad “https://t.co/WYq8QS0hfl pic.twitter.com/afcNNiZPeW

— Genius (@mreazi) May 19, 2021

Ubwo yageraga mu Rwanda mu cyumweru gishize, Mr Eazi yasuye Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, n’ikigo gishinzwe kumenyekanisha u Rwanda nk’igicumbi cya serivisi z’imari n’ishoramari, Rwanda Finance Limited.

RDB yatangaje ko uwo muhanzi yagaragaje ubushake bwo kubona amahirwe yabyazwa umusaruro mu rwego rw’ubuhanzi, kwishyurana mu ikoranabuhanga n’urwego rw’imikino y’amahirwe.

Uyu muhanzi kandi yanasuye Rwanda Finance Limited, ikigo gikomeje kugira uruhare mu kubaka u Rwanda nk’igicumbi cya serivisi z’imari, binyuze mu cyiswe Kigali International Financial Centre.

Iki kigo cyatangaje kiti “Ibiganiro byacu bigeze kure kugira ngo dufashe mu rugendo rwe mu ikoranabuhanga mu bijyanye n’imari mu Rwanda no kugaragaza izindi nzego zashorwamo imari binyuze muri Kigali International Finance Centre.”

Mr Eazi yavutse ku wa 19 Nyakanga 1991.

Mu Ugushyingo 2018 yashinze emPawa Africa, gahunda igamije kuzamura impano z’abahanzi nyafurika bagahabwa ubumenyi n’ibikoresho bakeneye, ubundi bakaba abahanzi ariko na ba rwiyemezamirimo.

 

 

 

TAGGED:featuredKivuMr EaziUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Gatabazi Yasuye Ahangijwe N’Ibiza Mu Burengerazuba
Next Article ‘Akazi Kenshi’ K’Umwanditsi W’Urukiko Katumye Urubanza Rwa Nkubiri RUDASOMWA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?