Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Mr Eazi Agiye Kubaka Inzu Igezweho Y’Ubukerarugendo Ku Kivu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Mr Eazi Agiye Kubaka Inzu Igezweho Y’Ubukerarugendo Ku Kivu

admin
Last updated: 19 May 2021 1:38 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Oluwatosin Ajibade wamamaye nka Mr Eazi wo muri Nigeria, yatangaje ko mu mishinga ashaka gukorera mu Rwanda harimo uwo kubaka inzu igezweho yakira ba mugerarugendo, izaba iherereye ku kirwa mu Kiyaga cya Kivu.

Uyu musore w’imyaka 29 ari mu Rwanda kuva mu minsi ishize, mu kurambagiza amahirwe ashobora gushoramo imari.

Yanditse kuri twitter ati “Ejo nasuye ikiyaga cya Kivu, by’umwihariko ikirwa dushaka gushoraho imari muri Luxury Eco Resort and Wellness Centre. Ndimo kugirira ibihe byiza mu Rwanda.”

Ntabwo yatangaje icyo kirwa icyo aricyo, cyangwa igihe uyu mushinga wazaba watangiriye.

Yesterday I visited Lake Kivu , specifically an Island where We are looking to Invest in a Luxury Eco Resort and Wellness Centre. I am having an awesome time in Rwanda.

BTW Don’t forget to check out my new Music Video For the song “E be Mad “https://t.co/WYq8QS0hfl pic.twitter.com/afcNNiZPeW

— Genius (@mreazi) May 19, 2021

Ubwo yageraga mu Rwanda mu cyumweru gishize, Mr Eazi yasuye Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, n’ikigo gishinzwe kumenyekanisha u Rwanda nk’igicumbi cya serivisi z’imari n’ishoramari, Rwanda Finance Limited.

RDB yatangaje ko uwo muhanzi yagaragaje ubushake bwo kubona amahirwe yabyazwa umusaruro mu rwego rw’ubuhanzi, kwishyurana mu ikoranabuhanga n’urwego rw’imikino y’amahirwe.

Uyu muhanzi kandi yanasuye Rwanda Finance Limited, ikigo gikomeje kugira uruhare mu kubaka u Rwanda nk’igicumbi cya serivisi z’imari, binyuze mu cyiswe Kigali International Financial Centre.

Iki kigo cyatangaje kiti “Ibiganiro byacu bigeze kure kugira ngo dufashe mu rugendo rwe mu ikoranabuhanga mu bijyanye n’imari mu Rwanda no kugaragaza izindi nzego zashorwamo imari binyuze muri Kigali International Finance Centre.”

Mr Eazi yavutse ku wa 19 Nyakanga 1991.

Mu Ugushyingo 2018 yashinze emPawa Africa, gahunda igamije kuzamura impano z’abahanzi nyafurika bagahabwa ubumenyi n’ibikoresho bakeneye, ubundi bakaba abahanzi ariko na ba rwiyemezamirimo.

 

 

 

TAGGED:featuredKivuMr EaziUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Gatabazi Yasuye Ahangijwe N’Ibiza Mu Burengerazuba
Next Article ‘Akazi Kenshi’ K’Umwanditsi W’Urukiko Katumye Urubanza Rwa Nkubiri RUDASOMWA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?