Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyanama Wa Perezida Tshisekedi Mu By’Umutekano Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umujyanama Wa Perezida Tshisekedi Mu By’Umutekano Yatawe Muri Yombi

admin
Last updated: 06 February 2022 3:10 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rushinzwe iperereza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (ANR) rwataye muri yombi umujyanama wihariye wa Perezida Felix Tshisekedi mu bijyanye n’umutekano, François Beya, akekwaho ibyaha by’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi.

Uyu mugabo yafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare, afungirwa muri kasho za ANR.

Hari amakuru ko hari n’abandi bayobozi barimo abajenerali mu ngabo za FARDC batawe muri yombi.

Ntabwo Ibiro by’umukuru w’igihugu biragira icyo bitangaza ku mpamzu z’ifatwa ryabo, gusa ikinyamakuru Politico.cd cyatangaje ko cyabonye amakuru ko bakekwaho ibyaha by”ubugambanyi”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuryango uharanira ko abaturage bose babona ubutabera muri RDC (ACAJ), wemeje kuri Twitter ko uyu mugabo afunzwe, ndetse abayobozi bawo bamusuye.

Uti “Twasuye Bwana François BEYA, umujyanama wihariye w’umukuru w’igihugu, kuri ANR ari naho araye. Umugore, umuvandimwe n’umuganga be bemerewe kumugeraho. Umuyobozi mukuru wa ANR yatwijeje ko uburenganzira bwe bw’ibanze buzubahirizwa.”

Kugeza ku wa Gatandatu mu ijoro, nta kintu na kimwe ubuyobozi bwa RDC buratangaza ku mugaragaro kijyanye n’iki kibazo.

Ni ibintu birimo kuba mu gihe Perezida Tshisekedi yari i Addis Ababa muri Ethiopia yitabiriye inama ya Afurika yunze ubumwe (AU), aho yashyikirije inshingano Perezida Macky Sall wa Senegal ugomba kuyobora uyu muryango muri uyu mwaka.

François Beya yagizwe umuyanama wihariye wa Perezida Tshisekedi mu bijyanye n’umutekano guhera muri Gashyantare 2019.

- Advertisement -

Ni umuntu ukomeye kuko mu gihe kirekire yayoboye Ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.

Gusa mu minsi ishize yabaye nk’uwamburwa inshingano yari afite, zitangira gukorwa n’Umuyobozi mukuru wa ANR, Jean-Hervé Mbelu Biosha.

TAGGED:featuredPerezida Félix TshisekediRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uhagarariye Palestine Muri Afurika Yunze Ubumwe Ati: ‘ Ntimwemerere Israel Kubana Namwe’
Next Article Bafashwe Basengera Mu Buvumo Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?