Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyanama Wa Perezida Tshisekedi Mu By’Umutekano Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umujyanama Wa Perezida Tshisekedi Mu By’Umutekano Yatawe Muri Yombi

admin
Last updated: 06 February 2022 3:10 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rushinzwe iperereza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (ANR) rwataye muri yombi umujyanama wihariye wa Perezida Felix Tshisekedi mu bijyanye n’umutekano, François Beya, akekwaho ibyaha by’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi.

Uyu mugabo yafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare, afungirwa muri kasho za ANR.

Hari amakuru ko hari n’abandi bayobozi barimo abajenerali mu ngabo za FARDC batawe muri yombi.

Ntabwo Ibiro by’umukuru w’igihugu biragira icyo bitangaza ku mpamzu z’ifatwa ryabo, gusa ikinyamakuru Politico.cd cyatangaje ko cyabonye amakuru ko bakekwaho ibyaha by”ubugambanyi”

Umuryango uharanira ko abaturage bose babona ubutabera muri RDC (ACAJ), wemeje kuri Twitter ko uyu mugabo afunzwe, ndetse abayobozi bawo bamusuye.

Uti “Twasuye Bwana François BEYA, umujyanama wihariye w’umukuru w’igihugu, kuri ANR ari naho araye. Umugore, umuvandimwe n’umuganga be bemerewe kumugeraho. Umuyobozi mukuru wa ANR yatwijeje ko uburenganzira bwe bw’ibanze buzubahirizwa.”

Kugeza ku wa Gatandatu mu ijoro, nta kintu na kimwe ubuyobozi bwa RDC buratangaza ku mugaragaro kijyanye n’iki kibazo.

Ni ibintu birimo kuba mu gihe Perezida Tshisekedi yari i Addis Ababa muri Ethiopia yitabiriye inama ya Afurika yunze ubumwe (AU), aho yashyikirije inshingano Perezida Macky Sall wa Senegal ugomba kuyobora uyu muryango muri uyu mwaka.

François Beya yagizwe umuyanama wihariye wa Perezida Tshisekedi mu bijyanye n’umutekano guhera muri Gashyantare 2019.

Ni umuntu ukomeye kuko mu gihe kirekire yayoboye Ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.

Gusa mu minsi ishize yabaye nk’uwamburwa inshingano yari afite, zitangira gukorwa n’Umuyobozi mukuru wa ANR, Jean-Hervé Mbelu Biosha.

TAGGED:featuredPerezida Félix TshisekediRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uhagarariye Palestine Muri Afurika Yunze Ubumwe Ati: ‘ Ntimwemerere Israel Kubana Namwe’
Next Article Bafashwe Basengera Mu Buvumo Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?