Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukinnyi wa Uganda Washakaga Kwitabira Imikino Olempiki Yatorokeye Mu Buyapani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umukinnyi wa Uganda Washakaga Kwitabira Imikino Olempiki Yatorokeye Mu Buyapani

Last updated: 18 July 2021 11:50 am
Share
SHARE

Umunya-Uganda Julius Ssekitoleko yatorokeye mu Buyapani, asiga yanditse ubutumwa ko agiye gushaka akazi muri icyo gihugu aho gusubira iwaho.

Uyu musore w’imyaka 20 yabuze ku wa Gatanu, nyuma yo kunanirwa kubona itike yo kwitabira imikino Olempiki. Aba mu cyiciro cy’abaterura ibintu biremereye.

Yagombaga gusubira iwabo muri Uganda ku wa 20 Nyakanga, ariko aho kwitegura gutaha ahitamo gutoroka.

Ubuyobozi bwatangaje ko habonetse ibaruwa yanditse avuga ko muri Uganda ubuzima bukaze, ku buryo aho gusubirayo azemera agashakisha akazi mu Buyapani.

Muri yo baruwa Ssekitoleko yashimangiye ko adashaka gusubira muri Uganda, ko ahubwo abo bari kumwe bamupakirira ibintu yari afite bakabyohereza iwabo.

Hari amakuru ko yagaragaye bwa nyuma hafi ya hoteli ikipe ya Uganda icumbitsemo ahitwa Izumisano, mu gace gategerwamo gari ya moshi. Ngo yaje kugura itike ya gari ya moshi yerekeza i Nagoya, ni muri kilometero nibura 200 uvuye aho bari bacumbitse.

Uyu musore ngo bamenye ko yabuze ubwo abandi bakinnyi bajyaga kwipimisha COVID-19, we arabura.

Ubuyobozi na Polisi bwahise butangira kumushakisha, ariko buramubura.

Umuyobozi w’intumwa za Uganda mu mikino Olempiki, Beatrice Ayikoru, yabwiye ibiro ntaramakuru Kyodo ko bakomeje gukorana n’inzego z’ubuyobozi zo mu Buyapani.

Ati “Mu biganiro twagiye tugirana haba muri Uganda no mu Buyapani twagiye kwitsa cyane ku kubahiriza amategeko agenga abinjira n’abasohoka mu Buyapani, tukirinda gusohoka mu mwiherero nta ruhushya.”

Mu kwezi gushize abakinnyi babiri ba Uganda basanzwemo COVID-19 bakigera mu Buyapani. Ntabwo bizwi niba uriya wabuze yari muri abo.

Ni bimwe mu bikomeje gusiga icyasha iipe ya Uganda, mu gihe imikino Olempiki izatangira ku wa 23 Nyakanga.

Si ubwa mbere abakinnyi ba Uganda batorokeye mu mahanga, kuko babiri bakina Rugby batorokeye mu mikino ya Commonwealth yabereye muri Scotland mu 2014, baza no guhabwa ubuhungiro.

 

 

 

TAGGED:featuredImikino OlempikiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukingo Pfizer ‘Rufite Ubushobozi Buke’ Kuri COVID-19 Ya Delta
Next Article Ni Nde Ukwiye Kubazwa Ibura Ry’Ibikoresho Byo Gutwika Imirambo Mu Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?