Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukino Wa Rayon Sports Na Police FC Wasubitswe Kubera Kwikanga Abafana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umukino Wa Rayon Sports Na Police FC Wasubitswe Kubera Kwikanga Abafana

admin
Last updated: 25 April 2021 5:39 pm
admin
Share
SHARE

Umukino wa gicuti wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Police FC wahagaritswe kubera impungenge z’uko hashobora kuba ikibazo cy’umutekano, abantu bakinjira muri Stade Amahoro ari benshi kandi bitemewe muri ibi bihe bya COVID-19.

Uretse uwo mukino, uwa AS Muhanga na Sunrise FC na wo wasubitswe nyuma y’uko abakinnyi 10 n’abafasha b’abatoza babiri ba AS Muhanga basanzwemo Coronavirus.

Umwe mu bari kuri Stade Amahoro ahaberaga umukino waRayon Sports na Police FC, yabwiye Taarifa ko ubwo wajyaga gutangira, ahazwi nko mu Migina i Remera hari abantu benshi bigaragara ko ari abafana ba Rayon Sports, wabonaga bakeneye kumemya ibibera imbere muri Stade.

Ni mu gihe nk’uko bisanzwe ku mikino ya gicuti kubera ko nta bafana baba bahari, hadatumizwa abapolisi bacunga umutekano muri stade, cyangwa hakaba hari bake cyane.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru avuga ko mu mukino hagati, isesengura ry’inzego z’ubuyobozi ryaje kugaragaza ko mu gihe abafana bashaka kwinjira muri stade nta wabahagarika, uretse abashinzwe umutekano ba ISCO baba bari ku muryango munini gusa.

Isesengura ryagaragaje ko batari kubasha kubakoma imbere. Haje kwemezwa ko umukino usubikwa ugeze ku munota wa 23.

Abafana bagizweho impungenge, benshi bari bafite ibibazo byinshi ku makipe bafana, nyuma y’uko Rayon Sports iheruka gusinyisha abakinnyi bashya barimo Kevin Muhire n’umunye-Congo Héritier Nzinga Luvumbu.

Rayon Sports yaje kwemeza binyuze kuri Twitter ko “Umukino wahuzaga Rayon Sports na Police FC wasubitswe.” Nta mpamvu yatangaje.

🔵⚪️ Umukino wahuzaga Rayon sports Na Police FC wasubitswe.

— Rayon Sports Official (@rayon_sports) April 25, 2021

Abayobozi batandukanye bari bitabiriye uyu mukino barimo komiseri ushinzwe imari muri FERWAFA, Kankindi Lise, komiseri w’umukino Rurangirwa Aaron n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Maboko Shema Didier.

- Advertisement -

Uretse uwo mukino, uwa AS Muhanga na Sunrise FC na wo wasubitswe nyuma y’uko abakinnyi 10 n’abafasha b’abatoza babiri ba AS Muhanga basanzwemo Coronavirus.

Amabwiriza agenga isubukurwa ry’amarushanwa ateganya ko amakipe agomba kwipimisha COVID-19 mu buryo buhoraho, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’ubwandu.

TAGGED:COVID-19featuredPolice FCRayon Sports
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Imodoka Idasanzwe Yifashishijwe Mu Gutwara Umurambo Wa DMX
Next Article Ubukire Bwa Isabel Dos Santos Bugeze Ahabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?