Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamakuru Stanis Bujakera YAREKUWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunyamakuru Stanis Bujakera YAREKUWE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2024 2:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Stanis Bujakera wari umaze amezi arenga atandatu afunzwe akurikiranyweho gukwiza ibihugu yarekuwe, ubu aridegembya. Ni nyuma yuko urukiko rwari ruherutse kumukatira gufungwa amezi atandatu kandi yari amaze arenga ayo mezi afunzwe.

Yahise arekurwa.

Bujakera yari afungiye muri gereza ya Makala iri muri Kinshasa.

Kuri uyu wa Mbere taliki 18, Werurwe, 2024 nibwo icyo cyemezo cy’urukiko rwo mu murwa mukuru Kinshasa cyatangajwe, bikaba bisobanuye ko ashobora kurekurwa mu masaha make ari imbere kubera ko ayo mezi atandatu yari ayamaze mu buroko.

Inteko iburanisha yamuhamije gukwirakwiza ibihuha no gukoresha inyandiko mpimbano, imukatira gufungwa amezi atandatu no kuriha ihazabu ya $ 400(angana na 516,000Frw).

Actualité.cd  yakoreraga muri DRC yanditse ko yamaganye icyo gihano yakatiwe kandi umuyobozi wungirije w’iki kinyamakuru yahise atangaza ko azajuririra icyo cyemezo cy’urukiko.

Umushinjacyaha Serge Bashonga yari aherutse kumusabira gufungwa imyaka 20 ku birego byo gukwirakwiza inyandiko mpimbano zijyanye n’ubutasi bwa gisirikare ku rupfu rw’umunyapolitiki utaravugaga rumwe n’ubutegetsi witwa Chérubin Okende.

Muri Nyakanga, 2023 nibwo umurambo wa Okende bawusanze mu modoka ye ahitwa Limeté mu Murwa mukuru Kinshasa.

Yari asanzwe ari mu ishyaka ry’utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa witwa Moïse Katumbi ufite ishyaka ryitwa Ensemble Pour La République.

Stanis Bujakera akorera na Jeune Afrique n’Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters.

Bujakera yarezwe kwandikira Jeune Afrique inkuru ishinja ba maneko ba Congo kwica Okende, amezi arenga gato atatu mbere y’uko haba amatora ya Perezida.

Okende yahoze ari Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu ariko aza kwegura mu Ukuboza, 2022.

Ubwo yapfaga, yari Umudepite akaba n’umuvugizi w’ishyaka Ensemble Pour La République rya Katumbi.

TAGGED:BujakeraUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanya Lebanon Bazakorera Mu Rwanda Imurikabikorwa Rinini Ku Buhinzi
Next Article Abimukira Ba Mbere Bazava Mu Bwongereza Bategerejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi Mpuzamahanga

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?